UBUREZI

Umunyeshuri uherutse guhondagura umwarimu we imbere y’abanyeshuri akamukomeretsa yahawe gufungwa umwaka mu buroko (VIDEO)

Uyu munyeshuri w’imyaka 15 warwanyije mwarimu we imbere y’ishuri ryose yakatiwe umwaka umwe afungirwa muri gereza yagenewe urubyiruko.

Advertisements

Muri Mutarama 2023, amashusho y’uyu mwana muto, umwirondoro we utaramenyekana ku mugaragaro, yakwirakwirijwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwibasira umwarimu w’ubuvanganzo w’Umwongereza Tiwana Turner ku ishuri ryisumbuye rya Heritage i Conyers, Georgia muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Muri ayo mashusho yasakajwe kuri internet, agaragaza uwo mwana w’umunyeshuri atontonomera bikomeye mu maso ya mwarimu we Turner wavugiraga kuri telefone nayo ayikubita no hasi ubwo yatabarizaga ashaka ko uwaza gusohora uwo munyeshuri mu ishuri.

Icyo gihe umwarimu Turner yagerageje gusohoka gushaka ubufasha uwo mwana w’umunyeshuri ashaka gukinga urugi, aho nibwo havutse amahane maze umukobwa afata mwarimu we umusatsi amukurura hasi. Yakomeje gufata ibintu byinshi kuri Turner mugihe amakimbirane yakomezaga ari nako abanyeshuri bakuramo terefone kugirango bafate amajwi n’amashusho y’ibyaberaga aho.

Muri uko kugundagurana byasigiye umwarimu kuvunika amaguru aho yahise akurwa aho kugira ngo ajye kwitabwaho.

Nk’uko byatangajwe na FOX 5 Atlanta, umunyeshuri ngo nyuma yaje kwemera icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, igihano yabasiwe cyo gufungwa umwaka ndetse ko nakimara azamara indi myaka itanu usubitse ndetse ajye acungishwa ijisho, nk’uko umuyobozi wungirije w’akarere ka Rockdale yabitangaje.

Nyuma y’amezi atatu bibaye kandi Turner avuga ko kugeza ubu atagishoboye kugenda ku maguru ye, avuga ko agikoresha inkoni yabugenewe kandi ko kuva icyo gihe atigeze asubira ku kazi.

REBA HANO AMASHUSHO:

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago