Umunyeshuri warwanije mwarimu we imbere y’abanyeshuri akamukomeretsa yahawe gufungwa umwaka mu buroko
Uyu munyeshuri w’imyaka 15 warwanyije mwarimu we imbere y’ishuri ryose yakatiwe umwaka umwe afungirwa muri gereza yagenewe urubyiruko.
Muri Mutarama 2023, amashusho y’uyu mwana muto, umwirondoro we utaramenyekana ku mugaragaro, yakwirakwirijwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwibasira umwarimu w’ubuvanganzo w’Umwongereza Tiwana Turner ku ishuri ryisumbuye rya Heritage i Conyers, Georgia muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Muri ayo mashusho yasakajwe kuri internet, agaragaza uwo mwana w’umunyeshuri atontonomera bikomeye mu maso ya mwarimu we Turner wavugiraga kuri telefone nayo ayikubita no hasi ubwo yatabarizaga ashaka ko uwaza gusohora uwo munyeshuri mu ishuri.
Icyo gihe umwarimu Turner yagerageje gusohoka gushaka ubufasha uwo mwana w’umunyeshuri ashaka gukinga urugi, aho nibwo havutse amahane maze umukobwa afata mwarimu we umusatsi amukurura hasi. Yakomeje gufata ibintu byinshi kuri Turner mugihe amakimbirane yakomezaga ari nako abanyeshuri bakuramo terefone kugirango bafate amajwi n’amashusho y’ibyaberaga aho.
Muri uko kugundagurana byasigiye umwarimu kuvunika amaguru aho yahise akurwa aho kugira ngo ajye kwitabwaho.
Nk’uko byatangajwe na FOX 5 Atlanta, umunyeshuri ngo nyuma yaje kwemera icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, igihano yabasiwe cyo gufungwa umwaka ndetse ko nakimara azamara indi myaka itanu usubitse ndetse ajye acungishwa ijisho, nk’uko umuyobozi wungirije w’akarere ka Rockdale yabitangaje.
Nyuma y’amezi atatu bibaye kandi Turner avuga ko kugeza ubu atagishoboye kugenda ku maguru ye, avuga ko agikoresha inkoni yabugenewe kandi ko kuva icyo gihe atigeze asubira ku kazi.
REBA HANO AMASHUSHO:
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…