Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana ufite imyaka itatu wasanzwe ku bw’iherero amanitse kandi aboshye.
Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, aho avuga ko urupfu rw’uyu mwana rwamenyekanye ubwo inzego z’ibanze, iz’Ubugenzacyaha na Polisi zageraga kuri uwo murambo.
Ati “Ubuyobozi bwagendeye ku makuru y’ibanze bwari bufite busanga koko uyu mwana yarangije gupfa.”
Yavuze ko bikekwako uyu mwana yishwe n’umugabo wari ufitanye amakimbirane n’ababyeyi be.
Ati “Hamaze gufatwa abagabo 2 bakekwa ubu bwicanyi, kandi iperereza rirakomeje.”
Mayor Habarurema avuga ko kuri ubu umwana yashyinguwe, asaba umuryango we kwihangana ndetse anawizeza ubutabera ku buryo ababikoze bazahanwa by’intangarugero hakurikijwe amategeko.
Uyu Muyobozi agira inama buri wese kwirinda ibyaha nk’ibi, ahubwo abantu bakarushaho kubana mu mahoro no kwihangana.
Amakuru avuga ko Umubyeyi w’uyu mwana yatanze amakuru agaragaza ko umugabo wamukodeshaga, yibye ihene z’Ishuri riri hafi y’aho batuye ajya kubivuga, noneho uyu mugabo arahunga akajya agaragara rimwe na rimwe, bikavugwa ko yaguriye undi muntu ngo yice uwo mwana kugira ngo bibabaze Nyina umubyara.
Gusa ibi byavuzwe n’abaturage ariko Ubuyobozi bw’Akarere ntabwo bwigeze bubyemeza usibye kuvuga ko hamaze gufungwa abantu 2 gusa batavuze amazina.
Abaturage bakavuga ko nubwo batabagaragaje ariko ari abo n’ubundi bashinja urupfu rw’uyu mwana.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…