Umuhanzi Bruce Melodie ukubutse muri Nigeria mu bikorwa bya muzika nyuma yo kugaruka i Kigali yasezeye bwa nyuma Nyirakuru we witabye Imana mu minsi ishize.
Uyu mubyeyi yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 23 rishyira ku wa 24 Mata 2023, kugeza ubu nta byinshi byatangajwe ku rupfu rw’uyu mubyeyi.
Ubwo Bruce Melodie yamenyaga iby’iyi nkuru y’incamugongo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga nabwo yamusezeyeho agira ati “Ruhukira mu mahoro yuzuye Nyogokuru, ndagukunda ubuzima bwanjye bwose.”
Uyu mubyeyi yashyinguwe kuri uyu wa 29 Mata 2023, yitabye Imana nyuma y’imyaka 11 Bruce Melodie apfushije nyina umubyara asigarana n’abavandimwe be batatu.
Nyina wa Bruce Melodie witabye Imana afite imyaka 46, yamusize ari umwana wa kabiri muri bane bavukana bari basigaye ari imfubyi cyane ko Se ubabyara we yitabye Imana ubwo uyu muhanzi yari afite imyaka itandatu.
Bamwe mu bihanganishije uyu muhanzi barimo Kenny Sol, Junior Rumaga, Levixone , Bob Pro, Miss Mutesi Jolly, Coach Gael, Producer Element, Dj Princessflor, Miss Uwase Hirwa Honorine n’abandi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…