IMIKINO

Kevin Durant yabaye umukinnyi wa 3 wa NBA wasinyanye amasezerano na Nike ubuzima bwe bwose

Umunyabigwi mu mukino w’intoki wa Basketball, Kevin Durant yemeye gusinyira umukono ku masezerano n’uruganda rwa Nike imyaka ye yose.

Advertisements

Ibi byahise bituma aba umukinnyi wa gatatu ukina muri NBA usinyiye ayo masezerano, asanze Michael Jordan na LeBron James.

Uyu mukinnyi witabiriye inshuro 13 mu mikino ya NBA All Star game, umubano we n’uruganda rwa Nike rwatangiye mu mwaka 2007, aho yabashije ku mwambika inkweto inshuro 15 ndetse urwa 16 narwo rukaba ruri hafi.

Kevin Durant yabaye umukinnyi wa 3 wa NBA usinyiye amasezerano y’imyaka yose muri Nike

Mu magambo ye Durant yagize ati “Igihe nasinyanaga amasezerano na Nike ibiroto byanjye ntabwo byiteze ubufatanye nk’ubu ngubu, twakoze imirimo itangaje mu guhanga udushya no mu bantu, twazengurutse Isi hamwe dukora ubucuruzi kandi ubu bugiye kuba ubuziraherezo, nishimiye ejo hazaza kandi nishimiye kuba muri aya masezerano adasanzwe yo muri iyi kompanyi.”

Mu masezerano mashya uyu mukinnyi yasinyiye azaba arimo gukorerwa inkweto n’indi myenda.

Inkweto zakorewe Kevin Durant

Uyu mukinnyi kandi ntibizamubuza kuba ibyo yarasanzwe yamamaza muri Basketball byamukoma mu nkokora.

Kevin Durant w’imyaka 34 ubu arabarizwa mu ikipe ya Phoenix Suns nyuma y’igurwa mu mpeshyi y’umwaka washize akuwe muri Brooklyn Nets.

Durant wabaye MVP inshuro ebyiri aheruka gufatikanya na Devin Booker, Chris Paul na Deandre Ayton mu gufasha ikipe ya Suns gutsinda Los Angeles Clippers mu mukino wa mbere wa NBA Playoffs.

Kuwa gatandatu, bazahura na Denver Nuggets mu mukino wa mbere wa kimwe cya kabiri kirangiza.

John Slusher, umuyobozi wa Nike ushinzwe kwamamaza ku Isi, yagize ati “Nk’umwe mu bakinnyi beza ba Basketball ku Isi, Kevin Durant yagize uruhare rukomeye mu muryango wa Nike mu myaka 16 ishize.”

Yongeraho ati “Dutegereje gukomeza gukorera hamwe n’abandi bakinnyi beza imbere.” 

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago