Categories: MU MAHANGAPOLITIKE

Ingabo za Uganda zoherejwe kugenzura agace ka Mabenga muri Rutshuru

Ingabo za Uganda zoherejwe mu gace ka Mabenga muri Teritwari ya Rutshuru muri DR Congo nk’uko byemejwe n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).

Advertisements

Ku wa Mbere tariki 01 /05/ 2023 nibwo ingabo za Uganda ziri mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, (EACRF) zoherejwe ahitwa Mabenga, zikaba ari zo zari zisigaye kujya mu birindiro byazo.

Abandi basirikare ba Uganda bari i Bunagana, Chengerero n’i Kiwanja muri Teritwari ya Rutshuru.

Inshingano bafite ni iyo kurinda abasivile, no gufungura umuhanda Bunagana-Rutshuru-Rumangabo-Goma kugira ngo abaturage n’ibicuruzwa byabo bigende nta nkomyi, ndetse n’inkunga igenewe abaturage ibashe kubageraho.

Ubuyobozi bwa EACRF buvuga ko kuba ingabo z’uyu muryango zaragiye mu birindiro byazo byatumye habaho agaehenge k’imirwano.

EACRF ivuga ko itegereje, kandi ifite ubushake bwo gufasha mu nzira yo kugarura amahoro n’ituze mu burasirazuba bwa Congo, bigakorwa hubahirizwa itegeko nshinga, ubusugire n’ubudahangarwa by’igihugu cya Congo.

Ingabo za Uganda zasesekaye muri Mabenga n’ibikoresho bihambaye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago