Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yagize Padiri Balitazari Ntivuguruzwa umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023.
Padiri Balitazari Ntivuguruzwa asimbuye kuri uwo mwanya Musenyeri Simaragidi Mbonyintege ugiye mu kiruhuko kizabukuru.
Padiri Ntivuguruzwa yari asanzwe akorera umurimo muri Diyosezi Gatolika ya Kagbayi, aho yari Umuyobozi w’Ishuri Rikuru Gatolika rya Kabgayi, ICK.
Mu itangazo ryasangijwe ku mbuga nkoranyambaga zavuze ko Papa Francis yagize Padiri Balitazari Ntivuguruzwa umwepiskopi wa Diyosezi wa Kabgayi asimbuye Musenyeri Simaragidi Mbonyintege wagiye mu kiruhuko kizabukuru.
Padiri Balthazar Ntivuguruzwa, yize mu Bubiligi akaba afite PhD muri Tewolojiya yabonye mu mwaka wa 2009 muri Université Catholique de Louvain.
Musenyeri Simaragidi Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yabaye umushumba wa diyosezi ya Kabgayi, kuva kuwa 21 Mutarama 2006. Amakuru avuga ko amaze iminsi arwaye.
Diyosezi ya Kabgayi yashinzwe kuwa 14 Gashyantare 1952. Icyo gihe, nibwo Papa Piyo wa 12 yagabanyijemo kabiri Vikariyati Apostoliki y’u Rwanda, havuka Vikariyati ya Kabgayi na Nyundo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…