MU MAHANGA

Uganda: Minisitiri yishwe arashwe n’umurinzi we

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo muri Uganda Rtd Col Charles yishwe arashwe n’umurinzi we mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 2 Gicurasi 2023.

Icyakora uyu murinzi warashe uyu wari shebuja nawe yahise yirasa.

Ni ubwicanyi bwabereye murugo rw’uyu nyakwigendera mu gace ka Kyanja mu Mujyi wa Kampala.

Urupfu rwa Rtd Col Charles rwamejwe n’umuvugizi w’Ingabo z’igihugu cya Uganda Felix Kulayigye wavuze ko yishwe arashwe muri iki gitondo.

Ni mugihe kandi umuvugizi wungirije w’ingabo za Uganda Luke Owoseyigire nawe yemeje aya makuru ubwo yavuganaga n’ikinyamakuru Daily Monitor, avuga uwari umurinzi wa nyakwigendera ariwe wamwishe amurashe i Kyanja.

Icyeteye uwo murinzi kurasa shebuja ntikiramenyekana, ndetse inzego zishinzwe umutekano muri ico gihugu zikaba zivuga ko zikomeje gukora iperereza ku rupfu rwa Rtd Col Charles Okello Engola.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago