Chancellor Olaf Scholz w’Ubudage ategerejwe mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu mu bihugu by’Iburasirazuba birimo Sudan, Ethiopia na Kenya.
Mu biteganyijwe muri urwo ruzinduko harimo ikibazo cy’Intambara ikomeje kubera muri Sudan, n’ikimenyetso cyo gushakira inzira y’amahoro muri Ethiopia imaze imyaka irimo ndetse n’ibigendanye n’ubucuruzi mu gihugu cya Kenya.
Uru ruzinduko rwa Scholz rw’iminsi itatu muri Ethiopia na Kenya, aho azaba anaherekejwe n’itsinda ry’abacuruzi, ruzaba ari urwa kabiri akoreye muri Afurika nka Chancellier w’u Budage mu gihe Uburengerazuba bugenda buhatanira ijambo n’ubucuruzi ku Isi n’ibindi bihugu, cyane cyane u Bushinwa.
Muri Ethiopia, azahura ku wa Kane na Minisitiri w’Intebe n’umuyobozi w’agateganyo w’Intara ya Tigray kugira ngo baganire ku iterambere ry’amahoro nyuma y’intambara yari imaze imyaka ibiri yahitanye abantu ibihumbi icumi, nk’uko abayobozi ba leta y’u Budage babitangaje.
Reuters yanditse ko kandi azabonana na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, kugira ngo baganire ku bigezweho muri Sudani, ubufatanye mu bukungu n’ibibazo bibangamiye Isi muri rusange nk’icy’imihindagurikire y’ikirere.
Ku wa Gatanu, azahura na Perezida William Ruto wa Kenya, igihugu kiri imbere y’ibindi mu bukungu muri Afurika y’Iburasirazuba, kugira ngo baganire ku bucuruzi n’ibindi bibazo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…