RWANDA

Huye: Abaherutse kugwirwa n’ikirombe bakabura bagiye gushyingurwa

Abantu batandatu baherutse kugwirwa n’ikirombe ahacukurwagamo amabuye mu buryo butemewe n’amategeko mu karere ka Huye bagashakishwa ariko ntibaboneke bagiye gushyingurwa.

Aba bantu baherutse kubura burundu ubwo bacuraga mu kirombe kikabagwira giherereye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye.

Nyuma yo kugwirwa n’icyo kirombe guverinoma yategetse ko ibyo bikorwa byahakorerwaga bihagarara byihuse bagatangira gushaka imibiri yabo.

Imashini zabugenewe zacukuye kugeza ku minsi 16 bivugwa ko yihiritse nta muntu wabashije kuboneka bityo guverinoma ivuga ko badakwiriye gukomeza gucukura dore ahareshya na metero 70 zacukuwe mu bujya kuzimu ariko ntacyo byatanze.

Guverinoma ivuga ko ibyo bikomeje byaba ari ugukomeza kwangiza ibidukikije.

Kuri uyu wa 6 Gicurasi 2023, Umunyabanga wa Leta muri Minaloc Ingabire Assumpta n’abandi bayobozi bagiye guhura n’imiryango y’ababuze ababo maze basaba nyuma y’ibyo byakozwe nta kindi cyakorwa uretse guhagarika gukomeza gucukura bashakisha kuko nyuma y’iminsi 16 amahirwe yo kubabona bakiriho adahari.

Bityo ababuze ababo biyemeje gukora ikiriyo bizamara iminsi ibiri kuva kuva 6 na 7 Gicurasi maze ku ya 9/5/2023 bagakora umuhango wo gushyingura. 

Mu butumwa bwa guverinoma bakomeje kwihanganisha ababuriye ababo muri ico gikorwa ndetse yiyemeje gukomeza kubaba hafi y’iyo miryango.

Abakoreraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri icyo kirombe n’ubu baracyakurikiranwa.

Umunyabanga wa Leta muri Minaloc Assumpta Ingabire yahumurije ababo muri icyo kirombe
Ikirombe kimaze gucukurwa hafi metero 70 mu bujya kuzimu
Hakozwe ikiriyo cyo kuzirikana ababuriye ubuzima muri icyo kirombe

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago