RWANDA

Huye: Abaherutse kugwirwa n’ikirombe bakabura bagiye gushyingurwa

Abantu batandatu baherutse kugwirwa n’ikirombe ahacukurwagamo amabuye mu buryo butemewe n’amategeko mu karere ka Huye bagashakishwa ariko ntibaboneke bagiye gushyingurwa.

Advertisements

Aba bantu baherutse kubura burundu ubwo bacuraga mu kirombe kikabagwira giherereye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye.

Nyuma yo kugwirwa n’icyo kirombe guverinoma yategetse ko ibyo bikorwa byahakorerwaga bihagarara byihuse bagatangira gushaka imibiri yabo.

Imashini zabugenewe zacukuye kugeza ku minsi 16 bivugwa ko yihiritse nta muntu wabashije kuboneka bityo guverinoma ivuga ko badakwiriye gukomeza gucukura dore ahareshya na metero 70 zacukuwe mu bujya kuzimu ariko ntacyo byatanze.

Guverinoma ivuga ko ibyo bikomeje byaba ari ugukomeza kwangiza ibidukikije.

Kuri uyu wa 6 Gicurasi 2023, Umunyabanga wa Leta muri Minaloc Ingabire Assumpta n’abandi bayobozi bagiye guhura n’imiryango y’ababuze ababo maze basaba nyuma y’ibyo byakozwe nta kindi cyakorwa uretse guhagarika gukomeza gucukura bashakisha kuko nyuma y’iminsi 16 amahirwe yo kubabona bakiriho adahari.

Bityo ababuze ababo biyemeje gukora ikiriyo bizamara iminsi ibiri kuva kuva 6 na 7 Gicurasi maze ku ya 9/5/2023 bagakora umuhango wo gushyingura. 

Mu butumwa bwa guverinoma bakomeje kwihanganisha ababuriye ababo muri ico gikorwa ndetse yiyemeje gukomeza kubaba hafi y’iyo miryango.

Abakoreraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri icyo kirombe n’ubu baracyakurikiranwa.

Umunyabanga wa Leta muri Minaloc Assumpta Ingabire yahumurije ababo muri icyo kirombe
Ikirombe kimaze gucukurwa hafi metero 70 mu bujya kuzimu
Hakozwe ikiriyo cyo kuzirikana ababuriye ubuzima muri icyo kirombe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago