Abaturage baturiye Umurenge wa Kagogo mu Karere ka Burera barashimira leta ubufasha yabahaye bw’imashini mu gushakisha abantu babo bari baburiye mu nkangu, bakaba babonetse bagashyingurwa mu cyubahiro.
Mu Mudugudu wa Murambi mu Murenge wa Kagogo, inkangu yamanuye uruhande rumwe rw’umusozi n’ibyari biwuriho byose, ugwira inzu ya Sembagare Faustin, abantu 5 b’umuryango umwe bahita bitaba bahasiga ubuzima. Bane bari abana nibo bahise baboneka kuwa Gatatu barashyingurwa, hasigara umuntu umwe ariwe wari umukuru w’uyu muryango Sembagare Faustin wari ugishakishwa kugeza kuri iki Cyumweru.
Hifashishijwe imashini itunganya imihanda nayo yageze kuri uwo musozi bigoranye, imirimo yo gushakisha nyakwigendera yakomeje ndetse ku bw’amahirwe, umurambo we uza kuboneka.
Umugore wa Nyakwigendera ari nawe wenyine wabashije kurokoka mu bari baraye muri urwo rugo uko bari batandatu, arashimira ubuyobozi bw’Igihugu bwababaye hafi muri ibi byago.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal yaboneyeho asaba abagituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga kuhava bagasanga abandi aho leta yabateguriye.
Muri rusange mu Karere ka Burera, Abantu umunani nibo bahitanwe n’ibiza by’imvura biheruka, bose akaba ari abo muri Uyu Murenge wa Kagogo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…