Abaturage baturiye Umurenge wa Kagogo mu Karere ka Burera barashimira leta ubufasha yabahaye bw’imashini mu gushakisha abantu babo bari baburiye mu nkangu, bakaba babonetse bagashyingurwa mu cyubahiro.
Mu Mudugudu wa Murambi mu Murenge wa Kagogo, inkangu yamanuye uruhande rumwe rw’umusozi n’ibyari biwuriho byose, ugwira inzu ya Sembagare Faustin, abantu 5 b’umuryango umwe bahita bitaba bahasiga ubuzima. Bane bari abana nibo bahise baboneka kuwa Gatatu barashyingurwa, hasigara umuntu umwe ariwe wari umukuru w’uyu muryango Sembagare Faustin wari ugishakishwa kugeza kuri iki Cyumweru.
Hifashishijwe imashini itunganya imihanda nayo yageze kuri uwo musozi bigoranye, imirimo yo gushakisha nyakwigendera yakomeje ndetse ku bw’amahirwe, umurambo we uza kuboneka.
Umugore wa Nyakwigendera ari nawe wenyine wabashije kurokoka mu bari baraye muri urwo rugo uko bari batandatu, arashimira ubuyobozi bw’Igihugu bwababaye hafi muri ibi byago.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal yaboneyeho asaba abagituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga kuhava bagasanga abandi aho leta yabateguriye.
Muri rusange mu Karere ka Burera, Abantu umunani nibo bahitanwe n’ibiza by’imvura biheruka, bose akaba ari abo muri Uyu Murenge wa Kagogo.
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…