MU MAHANGA

Antonio Guterres avuga ko ibiganiro by’amahoro hagati y’Uburusiya na Ukraine kuri ubu bidashoboka

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, avuga ko ibiganiro by’imishyikirano y’amahoro hagati ya Ukraine n’Uburusiya kuri ubu idashoboka.

Advertisements

Nk’uko umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye abitangaza ngo imishyikirano ntishobora kubaho ubu kuko “buri ruhande bwizeye ko bushobora gutsinda.”

Aganira n’ikinyamakuru cyo muri Espanye El Pais, Guterres yagize ati “Iki cyari igitero cy’Uburusiya kinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, kirwanya Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye, ariko simbona Uburusiya muri iki gihe bwiteguye kuva mu turere yamaze kwigarurira, kandi ndatekereza ko Ukraine yizeye kongera kutwigarura.” Ibi yabitangaje ku ya 9 Gicurasi 2023.

“Ibyo dukora, uko bishoboka kose, ni ukugirana ibiganiro bihuza impande zombi kugira ngo dukemure ibibazo byihariye.”

Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye yongeyeho ko kandi umuryango ayoboye wibanda ku gushakira umutekano ibicuruzwa byo muri Ukraine byoherezwa binyujijwe mu nyanja y’Umukara ndetse n’ibicuruzwa by’ibiribwa n’ifumbire by’Uburusiya, ibyo Uburengerazuba butigeze bwemera.

Ibi yabivuze nyuma y’inyandiko z’ubutasi zatahuwe zerekana ko Amerika yizeye neza ko Guterres “yakiriye” Uburusiya mu gihe cya vuba aho yagerageza kuyumvisha kuvugurura gahunda y’iyohereza kw’inyampeke binyujijwe mu inyanja y’umukara, nk’uko BBC yabitangaje ku ya 13 Mata.

Amasezerano y’umuryango w’abibumbye na Turukiya, yashyizweho umukono bwa mbere muri Nyakanga 2022, yemereye Ukraine kuvugurura ibyoherezwa mu mahanga nyuma y’Uburusiya bubihagaritse mu mezi ya mbere y’igitero simusiga.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

4 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago