IMIDERI

Turahirwa Moses wa Moshions yitabye urukiko yemera ko yanywaga urumogi

Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli ya Moshions yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha birimo icyo gukoresha inyandiko mpimbano n’ibiyobyabwenge.

Advertisements

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 10 Gicurasi 2023 nibwo Turahirwa Mosese yagejejwe imbere y’Urukiko aho yunganiriwe n’abanyamategeko babiri muri salle.

Turahirwa Moses wa Moshions yitabye urukiko yemera ko yanywaga urumogi

Mu bunganira umunyamideli Turahirwa Moses harimo uwigeze kuba umunyamategeko wa Ndimbati Me Bayisabe.

Mu cyumba cy’iburanusha Turahirwa yemeye icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, avuga ko yanywaga urumogi ari mu Butaliyani mu gihe cyigera ku myaka ibiri yamazeyo.

Yemera ko anatabwa muri yombi yafatanywe urumogi iwe, icyakora ngo ishati rwasanzwemo yari atarayambara na rimwe, ku buryo atazi uko rwahageze.

Kuwa 28 Mata nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Turahirwa Moses uzwiho gukora imyambaro yambarwa n’abakomeye.

Ubushinjacyaha bwemeje ko Umunyamideri Moses Turahirwa yasanzwemo ibiyobyabwenge by’urumogi bingana na 321 THC.

Umwavoka we Me Bayisabe Irene avuga ko uyu musore atigeze ahindura impapuro z’inzira ahubwo ko habayeho icyo yise “Gutwika” nkuko bimenyerewe ku mbuga nkoranyambaga kandi ko kuba yarahishe nimero z’urupapuro rw’inzira akoresha [Passport] bigaragaza ko atari agambiriye ikibi. 

Abarimo umuryango we [Mushiki we na Se umubyara] bitabiriye urwo rubanza bemeye kumwishingira mu rukiko mu rwego rwo kwemeza ko naramuka arekuwe by’agateganyo atazatoroka igihugu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago