Rayon Sports yasezereye Mukura Vs mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo kuyitsinda ibitego 4-3 mu mikino ibiri.
Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya Mukura Vs kuri Kigali Pele Stadium, aho umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.
N’igitego cyatsinzwe na Leandre Onana umunya Cameroun, ku ruhande rwa Rayon Sports ku munota wa 61 w’umukino, naho igitego cyo kwishyura cya Mukura Vs cyatsinzwe na Emmanuel ku minota y’inyongera y’umukino wa 94, umukino urangira gutyo.
Umubare w’igiteranyo ku mikino yombi ikaba ibitego 4-3.
Rayon Sports ibaye ikipe ya mbere ikatishije itike y’umukino wa nyuma mu gikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, ikaba itegereje izava hagati y’amakipe azakina ku munsi wo ku cyumweru Kiyovu Sports na APR Fc.
Kiyovu Sports niyo izaba yakiriye ikipe ya APR Fc kuri Kigali Pele Stadium, guhera Saa Cyenda z’amanywa, umukino wa mbere wa ½ wahuze impande zombi wasize banganyije igitego 1-1 umukino wari wabereye kuri Stade ya Bugesera.
Amategeko y’amarushanwa ya FERWAFA muri uyu mwaka avuga ko “mu gihe ibikombe byombi [Shampiyona n’icy’Amahoro] byatwara n’ikipe imwe, iyageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro ni yo izaserukira u Rwanda muri CAF Confederation Cup.”
Kiyovu Sports iyoboye shampiyona ubu mugihe yatwara ibikombe byombi cyangwa ikagera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ikazatwara na Shampiyona, ikipe ya Rayon Sports yajya mu nyungu.
Tariki 3 Kamena 2023 nibwo hateganyijwe kuba umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, umukino uzakinirwa kuri Stade ya Huye.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…