IMIKINO

Rayon Sports yasezereye Mukura Vs mu gikombe cy’Amahoro-AMAFOTO

Rayon Sports yasezereye Mukura Vs mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo kuyitsinda ibitego 4-3 mu mikino ibiri.

Advertisements

Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya Mukura Vs kuri Kigali Pele Stadium, aho umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.

N’igitego cyatsinzwe na Leandre Onana umunya Cameroun, ku ruhande rwa Rayon Sports ku munota wa 61 w’umukino, naho igitego cyo kwishyura cya Mukura Vs cyatsinzwe na Emmanuel ku minota y’inyongera y’umukino wa 94, umukino urangira gutyo.

Umubare w’igiteranyo ku mikino yombi ikaba ibitego 4-3.

Rayon Sports ibaye ikipe ya mbere ikatishije itike y’umukino wa nyuma mu gikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, ikaba itegereje izava hagati y’amakipe azakina ku munsi wo ku cyumweru Kiyovu Sports na APR Fc.

Kiyovu Sports niyo izaba yakiriye ikipe ya APR Fc kuri Kigali Pele Stadium, guhera Saa Cyenda z’amanywa, umukino wa mbere wa ½ wahuze impande zombi wasize banganyije igitego 1-1 umukino wari wabereye kuri Stade ya Bugesera.

Amategeko y’amarushanwa ya FERWAFA muri uyu mwaka avuga ko “mu gihe ibikombe byombi [Shampiyona n’icy’Amahoro] byatwara n’ikipe imwe, iyageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro ni yo izaserukira u Rwanda muri CAF Confederation Cup.”

Kiyovu Sports iyoboye shampiyona ubu mugihe yatwara ibikombe byombi cyangwa ikagera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ikazatwara na Shampiyona, ikipe ya Rayon Sports yajya mu nyungu.

Tariki 3 Kamena 2023 nibwo hateganyijwe kuba umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, umukino uzakinirwa kuri Stade ya Huye.

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga
Abakinnyi 11 ba Mukura Vs bahanganye na Rayon Sports
Abasifuzi bayoboye umukino
Rayon Sports yishimira igitego yarimaze gutsinda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago