INKURU ZIDASANZWE

Rusizi: Inzu 3 z’umuturage zibasiwe n’inkongi y’umuriro

Amakuru aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu 16 Gicurasi ahagana Saa kumi n’ebyiri za mu gitondo nibwo inzu 3 z’abaturage ziherereye mu mudugudu wa Burunga, mu kagari ka Gihundwe mu Murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi zafashwe n’inkongi y’umuriro nk’uko ubuyobizi bwabitangaje.

Advertisements

Inkuru dukesha UMUSEKE iravuga ko izo nzu zari z’umugabo witwa Muzehe Anicet yabagamo n’umuryango we, n’abandi bazikodesha biravugwa ko zari zifite agaciro ka miliyoni 20 Frw ariko zikaba nta bwishingizi zagiraga.

Inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro irangirika bikomeye

Muzeye Anicet yatangarije UMUSEKE ko ubwe yarahari ubwo ibyo byabaga, abandi bari mu kazi ko hanze ngo babatabare ibintu byakomeye asohotse, asanga umuriro wabaye mwinshi. Yarwanye ku bana be arabasohora, nta muntu wahiriyemo, ibindi byose byangiritse bifite agaciro ka miliyoni 20 Frw.

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi, ryatabaye rizimya umuriro.

Abaturage bitegereza ibyabaye


Bayavuge Antoine, umwe mu baturage bahageze bwa mbere batabaye yavuze ko yasanze bamaze gusohora ibikoresho bikeya, kuko ngo ibyinshi byahiriyemo.


Ati “Nta muntu wahiriyemo, keretse abakomeretse gakeya”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Iyakaremye Jean Pierre, yatangaje ko iyi nkongi yatewe na Gaz ndetse ko ibikoresho byo mu nzu byangiritse bitaramenyekana agaciro kabyo, gusa nta muntu wahiriyemo.

Ati “Baduhamagaye saa kumi n’ebyiri batubwira ko habaye inkongi, duhita dutabara. Dufite amahirwe ko dufite kizimyamwoto, Police yahise itabara.”

Yavuze ko nta bwishingizi nyiri inzu afite, nyuma yo kubarura ibyangiritse, ngo ubuyobozi burareba niba hari icyo bwafasha abagizweho ingaruka n’inkongi.

Uyu muyobozi mu butumwa yatanze yasabye abaturage kugira ubwishingizi bw’inzu zabo, no kumenya imikoreshereze ya Gaz.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago