INKURU ZIDASANZWE

Urukiko rwongeye gusaba ko Aimable Karasira yasuzumwa ikibazo cyo mu mutwe

Urukiko rwategetse ko Karasira Aimable yazongera gusuzumwa niba afite ikibazo mu mutwe, ndetse n’ubundi burwayi butandukanye.

Advertisements

Karasira Aimable Uzaramba wamamaye nka Prof. Nigga ubwo yari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, aherutse kujya kuburana mu rukiko ariko batungurwa no kubona ahagarutse bitunguranye.

Ku cyicaro cy’urukiko i Nyanza Karasira Uzaramba Aimable asanzwe aburaniramo hari hateganyijwe ko Karasira afatirwa icyemezo ku rubanza rwe.

Icyemezo cyari gufatwa Karasira ari mu cyumba cya gereza, agakurikirana uko icyemezo gisomwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya “Video conference”.

Bwana Karasira ntiyagaragaye muri icyo cyumba, ariko amakuru avuga ko yanze kujya gukurikirana icyo cyemezo, aho afungiye muri gereza ya Mageragere.

Urukiko rwongeye gusaba ko Aimable Karasira yongera gusuzumwa n’abaganga ikibazo cyo mu mutwe

Urukiko rwiherereye rusuzuma niba raporo rwahawe ya Dr. Muremangingo Rukundo Arthur ko yujuje ubuziranenge cyangwa akwiye kongera gusuzumwa.

Uruhande rwa Karasira n’ubwunganizi bwe bwemeraga iyo raporo ko yujuje ubuziranenge bityo yahabwa agaciro.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha bwasabaga ko iyo raporo yateshwa agaciro ahubwo Karasira Uzaramba Aimable akongera gusuzumwa n’itsinda ry’abaganga batandukanye banaturutse mu bitaro bitandukanye ari batatu.

Urukiko rwasanze Karasira Uzaramba Aimable akwiye kongera gusuzumwa n’abaganga batatu bo mu bitaro bya Caraes Ndera nk’uko byari bikubiye mu cyemezo cyarwo cyafashwe taliki 06/04/2023.

Urukiko kandi rwavuze ko nta kibazo ko mu bazasuzuma Karasira Uzaramba Aimable alias Prof. Nigga hakongera kugaragaramo Dr. Muremangingo Arthur Rukundo wari wamusuzumye.

Ikindi urukiko rwashingiye rufata kiriya cyemezo, ni uko Karasira Uzaramba Aimable atasuzumwe n’abaganga batatu ndetse n’ibitaro ntibitange impamvu bitakozwe.

Urukiko rwanategetse ko ibitaro bya Caraes Ndera ari byo bizagena abaganga bazasuzuma Karasira Uzaramba Aimable.

Urukiko rwategetse ko raporo igaragaza ibya Karasira Uzaramba Aimable izatangwa bitarenze taliki 16/06/2023.

Aimable Karasira Uzaramba wamenyekanye cyane ku mbugankoranyambaga nka YouTube ndetse no mu buhanzi bwe yahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, aregwa ibyaha bitandukanye birimo guhakana no gupfobya jenoside, guha ishingiro jenoside no gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ibyaha byose aregwa arabihakana, ndetse yakunze kumvikana avuga ko na we atari we, abiterwa n’uburwayi kandi binaturuka kuba yaratakaje umuryango we ugizwe n’ababyeyi, ndetse n’abavandimwe be.

Yunganirwa na Me Gatera Gashabana ndetse na Me Evode Kayitana mu miburanire ya Karasira humvikanagamo amagambo akakaye, ndetse ubuheruka yaranatukanye anasohoka iburanisha ridasojwe akora ibisa nk’imyigaragambyo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago