MU MAHANGA

SP Hinduja, umuherwe waruhetse abandi mu Bwongereza, yapfuye ku myaka 87

Srichand Hinduja, ukomoka mu muryango w’abatunze agatubutse cyane ku Isi mu Bwongereza akaba n’umuyobozi w’umuryango w’abahindu mu tsinda rya Hinduja, wapfuye afite imyaka 87.

Uyu mugabo wamenyekanye ku izina rya SP, ngo yaramaze igihe arwaye umutwe, umuryango we niwo wemeje ko yitabye Imana mu mahoro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 17 Gicurasi 2023.

SP Hinduja yitabye Imana nyuma y’iminsi ataka umutwe

Yabaye nk’umuyobozi uhagarariye itsinda ry’ubucuruzi rifite amasosiyete ye akorana na leta mu buhinde igira inyungu muri za banki, irimo imiti, software, n’imodoka z’ubucuruzi.

Hinduja na murumuna we Gopichand w’imyaka 83, bayoboye urutonde rw’abakire ku nshuro ya kane mu Bwongereza nkuko byasohotse muri Sunday Times, bikaba bivugwa ko bifite agaciro ka miliyari 28.5 z’amapound (miliyari 36 z’amadolari) umutungo ufite agaciro kaza miliyoni ukaba wibereye mu Mujyi w’i Londre rw’agati.

Mu itangazo ry’abakobwa be Hinduja Shanu na Vinoo bagize bati “N’akababaro gakomeye mu gutangaza urupfu rwa data.”

Ati “SP intumbero ye yari ubucuruzi mu nganda, mu butabazi no mu bugiraneza… Yakoze byinshi bitabarika ku mibereho y’inzira y’ubuzima bwe, kandi twishimira ibyo yakoze igihe twabanye.”

Abakobwa ba Hinduja bakomeje bagira bati “Mu bindi, SP tuzamokeza kumwibukiraho n’uruhare rwe runini yagize mu kugeza Ubuhinde k’umuco wacyo ku isi yose binyuze mu mirimo ye ndetse n’imbaraga z’ubugiraneza”.

Abantu bakorera mu bikorwa bya Hinduja bagera 200.000 mu bihugu birenga 30, ryashinzwe mu 1914 na Parmanand Deepchand Hinduja, wacuruzaga ibijyanye naza tapi n’imbuto zumishijwe zavaga muri Irani mbere y’uko abahungu be Srichand na Gopichand bimukira mu Bwongereza mu myaka ya za 70.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago