Miss Isimbi Amandah wabaye igisonga cya Nyampinga w’Ishuri ry’Imari n’Amabanki (SFB), akaba yaranakundanye n’umukinnyi ukina umukino w’intoki wa Basketball APR BBC Wamukota Bush yemeje ko ari mu rukundo rushya n’umukobwa mugenzi we.
Amanda yanabyaranye umwana w’umukobwa n’uyu mukinnyi wa Basketball ukomoka mu gihugu cya Kenya ubwo yakinaga mu ikipe ya Patriots BBC.
Kuri ubu yahindutse asanga akwiriye gukundana n’umukobwa mugenzi we nk’uko yabisangije abamukurikira ku rubuga rwa Instagram, uyu mukobwa bahuje igitsina bakomeje kuryohana mu rukundo akomoka mu gihugu cya Uganda.
Amanda Isimbi ubwe yemereye DomaNews ko ari mu rukundo rushya n’uwo bahuje igitsina.
Aho twamubajije nimba koko ibikomeje kumuvugwaho ko yaba ari gukundana n’umukobwa mugenzi we aribyo yagize ati “Yego niko biri”.
Icyakora cyo n’ubwo atavuze umugabo arinde hagati ye n’uwo bashudikanye, amakuru DomaNews ifite ni uko uyu mukobwa wabyaye yarasanzwe arya abakobwa bagenzi be.
Muri Mutarama 2023, Amandah yatangiye gusangiza abamukurikira amafoto ari kumwe n’umukunzi we mushya.
Amakuru yizewe yemeza ko uyu mukunzi mushya wa Amandah Darling, asanzwe atuye muri Uganda ndetse yitwa Amollo Karol.
Ndetse nawe akaba yaramaze kongera ku mazina akoresha ku rubuga rwe rwa Instagram Amandine Amollo Isimbi, ibi kandi bikaba bikurikira kuba ariwe wenyine anakurikira ku rubuga rwe mu bantu barenga ibihumbi 30 bamukurikira.
Amanda na Bush batandukanye muri Nyakanga 2022 nyuma y’umwaka umwe bari bamaze bibarutse umwana w’umukobwa.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…