IMIKINO

Ndi mu rukundo rushya n’umukobwa mugenzi wanjye-Miss Isimbi Amanda wakundanye n’umukinnyi wa APR BBC

Miss Isimbi Amandah wabaye igisonga cya Nyampinga w’Ishuri ry’Imari n’Amabanki (SFB), akaba yaranakundanye n’umukinnyi ukina umukino w’intoki wa Basketball APR BBC Wamukota Bush yemeje ko ari mu rukundo rushya n’umukobwa mugenzi we.

Amanda yanabyaranye umwana w’umukobwa n’uyu mukinnyi wa Basketball ukomoka mu gihugu cya Kenya ubwo yakinaga mu ikipe ya Patriots BBC.

Amanda yakundanye na Wamukota Bush barabyarana

Kuri ubu yahindutse asanga akwiriye gukundana n’umukobwa mugenzi we nk’uko yabisangije abamukurikira ku rubuga rwa Instagram, uyu mukobwa bahuje igitsina bakomeje kuryohana mu rukundo akomoka mu gihugu cya Uganda.

Amanda Isimbi ubwe yemereye DomaNews ko ari mu rukundo rushya n’uwo bahuje igitsina.

Aho twamubajije nimba koko ibikomeje kumuvugwaho ko yaba ari gukundana n’umukobwa mugenzi we aribyo yagize ati “Yego niko biri”.

Isimbi Amanda ashudikanye mu rukundo rushya n’umukobwa mugenzi we

Icyakora cyo n’ubwo atavuze umugabo arinde hagati ye n’uwo bashudikanye, amakuru DomaNews ifite ni uko uyu mukobwa wabyaye yarasanzwe arya abakobwa bagenzi be.

Muri Mutarama 2023, Amandah yatangiye gusangiza abamukurikira amafoto ari kumwe n’umukunzi we mushya.

Amakuru yizewe yemeza ko uyu mukunzi mushya wa Amandah Darling, asanzwe atuye muri Uganda ndetse yitwa Amollo Karol.

Amanda akomeje kuryoherwa n’umukunzi we mushya

Ndetse nawe akaba yaramaze kongera ku mazina akoresha ku rubuga rwe rwa Instagram Amandine Amollo Isimbi, ibi kandi bikaba bikurikira kuba ariwe wenyine anakurikira ku rubuga rwe mu bantu barenga ibihumbi 30 bamukurikira.

Amanda na Bush batandukanye muri Nyakanga 2022 nyuma y’umwaka umwe bari bamaze bibarutse umwana w’umukobwa.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago