RWANDA

Rubavu: Abayobozi 2 baravugwaho kwaka ruswa mu bagizweho ingaruka n’ibiza

Amakuru dukesha UMUSEKE ngo hari abayobozi bo mu murenge wa Rugerero, bafashwe tariki 18 Gicurasi, 2023 ni Uwiringiyimana Alice, w’imyaka 28, ni SEDO w’Akagari ka Kabirizi na Habumugisha Cyprien w’imyaka 33 y’amavuko, we ni Umuyobozi w’umudugudu wa Nyamyiri.

Advertisements

UMUSEKE ukomeza uvuga ko bakurikiranyweho ibyaha birimo kwaka amafaranga abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza kugira ngo, bashyirwe kuri lisiti y’abahabwa imfashamyo y’amafaranga, ari guhabwa bene abo bantu.

Ikindi ngo bariya abayobozi bakurikiranyweho gushyira kuri lisiti abataragizweho ingaruka n’ibiza, “babanje kubaha amafaranga”.

Aba bayobozi kandi ngo banakurikiranyweho kuba na bo barishyize kuri lisiti y’abahabwa amafaranga, kandi bataragizweho ingaruka n’ibiza.

Abacyekwaho icyaha bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi mu gihe dosiye yabo iri gukorwa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Ubusanzwe mu Rwanda GUSABA, KWAKIRA CYANGWA GUTANGA INDONKE ni icyaha gihanwa n’itegeko. ugihamije ahabwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5), ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

KUNYEREZA UMUTUNGO cyo ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7, ariko kitarenze imyaka 10 n’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’umutungo yanyereje.

KWIHESHA IKINTU CY’UNDI HAKORESHEJWE UBURIGANYA, cyo ugihamijwe ahabwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2), ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago