IMYIDAGADURO

Jay-Z na Beyonce baguze inzu ihenze kurusha izindi muri California

Umuhanzi Jay-Z n’umugore we Beyonce nibo bafite inzu ihenze muri leta ya California bikaba byakugora kwigondera kuyigura kubera imiterere yayo n’amafaranga ihagaze.

Advertisements

Iy’inyubako ihagaze ku buso bwa metero kare ibihumbi 30 ikaba yubatse mu gace ka Malibu yaguzwe akayabo ka miliyoni 200 y’Amadorali y’Amerika, biyigira inzu ihenze cyane yagurishijwe muri leta ya California.

Inzu yarihenze yari yaraciye agahigo yarihageze miliyoni 177 z’Amadorali y’Amerika. Ikaba yari ya kabiri ihenze cyane ku butaka yagurishijwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. 

Inyubako ihenze cyane muri Amerika ihagaze miliyoni 238 z’Amadorali y’Amerika ikaba ari inyubako yo guturwamo (New York City Apartment).

Inzu ya Jay-Z na Beyonce ihagaze ku butaka bwa hegitare 8 hafi y’inyanja ya Pasifike.

Abayubatse bakayitaka yakozwe na Tadao Ando, umwubatsi ukomeye w’Umuyapani, akaba ari nawe wubatse inzu yaguzwe n’umuraperi Kanye West muri Malibu.

Inzu yubatswe n’umugabo witwa William Bell, umwe mu bakomeye Isi yagize. Byatwaye Bell hafi imyaka 15 kugirango yubake ibintu byose uko yabyifuzaga.

Inzu ya Jay Z na Beyonce bibitseho ni iya kabiri mu zihenze  nyuma y’iyo baguze mu gace ka Los Angeles, aho muri 2017 baguze inzu ya Bel-Air kuri miliyoni 88 y’Amadorali y’amerika yaje kongerwaho igera ku giciro cya miliyoni 100$.

Jay Z na Beyonce baguze inzu ihenze kurusha izindi muri leta ya California

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago