IMIDERI

Bianca Censori yemeje ko yashakanye n’umuraperi Kanye West

Bianca Censori uvugwa mu rukundo n’umuraperi Kanye West yakuriye inzira ku murima umuntu wagerageje kumusaba aka numero amubwira ko yamaze kurongorwa.

Umushushanyi, Bianca Censori byarangiye yemeje ko yamaze gushakana n’umuraperi akaba n’umushushanyi w’umunyamideli Kanye West mu mashusho akomeje gusakazwa hanze.

Bianca Censori yemeje ko yamaze gushakana n’umuraperi Kanye West

Umwe mu bahanzi bakizamuka witwa Gratefulboy Nue yashatse gufatirana Bianca w’imyaka 28 mu cyumweru tuvuyemo ubwo yaragiye guhaha mu iduka ricuruza imyenda.

Censori wari muri iryo duka uwo muhanzi Gratefulboy atangira kumufata amashusho ari nako amubaza bimwe mu bibazo.

Yumvikanye abwira Bianca ati “Uri mwiza cyane, nitwa Nue”, uyu mugore wagaragaza uguseka kumaso yahise amusubiza ati “Urakoze nishimiye guhura nawe.”

Nue yaramubajije ati “Wowe ukomoka muri Los Angeles”, undi amusubiza ko ati “Yego.”

Nue nawe yahise amubwira ko nawe yimukiye muri ako gace vuba.

Bianca nawe yahise amubaza aho akomoka undi amusubiza ko akomoka muri Chicago.

Nue wabaye nk’ukururwa n’ubwiza bw’uyu mukobwa wagaragaza uguseka muri kamera yamubwiye ko afite amaso meza.

Yakomeje kumubaza nimba yaje aho muri iryo duka guhaha, ni mugihe telefone ye ngendanwa yari itangiye gusona.

Censori yahise amusubiza ngo ‘Yego’ nawe? Umusore amwemerera ko nawe yari yaje gushaka imwe mu ikabutura.

Uyu muhanzi yakomeje kumubaza nibwo yahise amusaba numero ngendanwa undi amusubiza ko yamaze ‘kubaka’ amwereka n’impeta.

Gusa Nue yagaragaje gutungurwa mbere y’uko akuraho camera.

Abafana batangajwe n’imyitwarire myiza y’umugore wa Kanye muri ayo mashusho, benshi batungurwa n’imyitwarire ye kuri uwo muntu atarazi.

Umwe yarashubije ati “Ni mwiza cyane,” naho uwa kabiri yaranditse ati “Arasa cyane n’utandukanye kandi arirekuye, afite imico myiza, ntabwo yiziritse na gato.”

Benshi bishimiye uyu mukobwa bavuga ko byaba ari byiza kumva yaba yarashakanye na Kanye West (Ye).

Nk’uko amakuru abivuga ngo Kanye West na Bianca Censori ukomoka muri Australia mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka bakoze imihango y’ubukwe mu buryo bw’ibanga rikomeye, uyu mukobwa kandi ni umwe mu bashushanyi b’ibikorwa bya kompanyi ya Kanye West bizwi nka ‘Yeezy’.

Kanye West yakoranye ubukwe na Bianca mu buryo bw’ibanga rikomeye

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

8 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago