INKURU ZIDASANZWE

Agakiriro ka Gisozi kafashwe n’inkongi y’Umuriro

Agace kazwiho gukorerwamo ubucuruzi bwa Gakiriro gaherereye ku Gisozi kafashwe n’inkongi y’umuriro ikomeye.

Advertisements

Ni mu Kagari ka Musezero, Umurenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Bamwe mu babonye ibyo bavuga ko bataramenya ibyangirikiwe muri uwo muriro mwinshi wibasiye bimwe mu bikorwa bisanzwe bikorerwaho.

APARWA isanzwe ituye hafi y’igishanga ni kamwe mu gace kibasiwe bikomeye n’iy’inkongi, aho bivugwa ko zimwe muri za matelas n’imbaho aribyo byateje umuriro mwinshi.

Umwe mu baturage bahaye amakuru DomaNews witwa Theoneste yatubwiye ko bagiye kubona bakabona bimwe mu bice byaho kandi ngo byaje kugorana ko zimwe mu modoka za polisi zizimya umurimo kugezayo ibikoresho byazigoye kuhagera kubera uburyo bwaho hano hateye.

Ibyinshi byafashwe n’inkongi y’umuriro

Ati “Nubwo Polisi yagerageje kuhagera byihuse, byagoranye kugira ngo igeze ibikoresho byayo kuhibasiwe n’inkongi, kuko harahanamye kandi haroroshye.”

Akomeza avuga ko benshi bagize ubwoba gusa nta muntu biremezwa ko yahiriye muri uwo muriro.

Si inkuru ko Agakiriro ka Gisozi kibasiwe n’inkongi y’umuriro, aho akenshi bikunze kuba kubera uburyo hacucitse ndetse ngo bikaba biterwa n’iturika ry’amashanyarazi rya hato na hato kubera uburyo rikozwe nabi cyangwa bigaterwa n’ibishashi by’umuriro iyo baba barimo basudira.

Agakiriro ka Gisozi ahazwi nka APARWA kibasiwe bikomeye n’inkongi y’umuriro

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago