Umusore witwa Ndihokubwami wo mu Karere ka Gicumbi, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha akurikiranyweho kwica Nyina umubyara.
Ibi byabaye ku wa Mbere tariki ya 22 Gicurasi 2023 Saa moya za mu gitondo, mu Kagari ka Gihembe mu Murenge wa Kageyo, aho bivugwa ko uyu musore wishe Nyina ashobora kuba afite uburwayi bwo mu mutwe.
Amakuru yibanze avuga ko uyu musore yicishije Nyina umuhini yamukubise mu mutwe.
Meya w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, yabwiye Igihe ducyesha iyi nkuru ko uyu musore yagiye gupimishwa kugira ngo koko hamenyekane niba afite uburwayi bwo mu mutwe.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Byumba kugira ngo usuzumwe.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…