MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yavuze ko agiye kwirukana ibisambo bibarizwa mu gisirikare cye

Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kane yahuye n’Abanye-Congo biga n’abandi baba mu Murwa Mukuru w’u Bushinwa, Beijing.

Advertisements

Ni mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri kiriya gihugu yatangiye muri iki Cyumweru.

Mu byo Tshisekedi yagarutseho harimo intambara igihugu cye kimaze iminsi gihanganyemo n’umutwe wa M23, aho uwo mutwe wagiye wigarurira uduce dutandukanye udukuye mu maboko y’ingabo za Leta.

Tshisekedi yavuze ko igihe kigeze ngo yirukane ibisambo biri mu gisirikare ndetse n’abandi badafite umutima wo kurwanirira igihugu.

Perezida Tshisekedi yiyemeje kurandura ibisambo mu gisirikare cye

Ati “Igihe kirageze ngo twitandukanye n’ibisambo biri mu ngabo zacu ndetse n’abadafite imyitozo ihagije ku buryo badashobora kurengera igihugu n’abaturage.”

Congo ni kimwe mu bihugu bya Afurika bifite umubare mwinshi w’abasirikare ariko bayobowe nabi, barangwa na ruswa n’ibindi bibazo birimo kudahemberwa igihe.

Tshisekedi ajya ku butegetsi yavuze ko imbaraga nyinshi azazishyira mu kuvugurura igisirikare ariko bisa n’aho nta musaruro ugaragara byatanze kuko ibibazo birimo umutekano muke mu Burasirazuba bw’igihugu byarushijeho kwiyongera, nubwo muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri hashize imyaka ibiri hashyizweho ibihe bidasanzwe n’abayobozi ba gisirikare.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago