RWANDA

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro icyanya cya Siporo cya Kimironko (AMAFOTO)

Iki kibuga giherereye ahazwi nko kwa “Mushimire”, gifite imyanya y’abantu 500. Cyubatswe ku bufatanye bwa Imbuto Foundation Federasiyo y’Umukino wa Basketball mu Rwanda hamwe n’Irushanwa rya Basketball muri Afurika, BAL, na Minisiteri ya Siporo.

Advertisements

Perezida Kagame yashimiye abafatanyabikorwa bagize uruhare mu kubaka iki kibuga barimo BAL na NBA n’abandi bakomeje kugira uruhare mu gutuma u Rwanda rubona ibikorwaremezo bifasha abakiri bato.

Umukuru w’Igihugu yasabye abakiri bato kubyaza umusaruro aya mahirwe bashyiriweho, ku buryo impano zabo zirushaho kugaragara.

Yavuze ko ibikorwaremezo nk’ibi bikwiriye kubungabungwa ku buryo akamaro kabyo gakomeza kwigaragaza.

Yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda n’igihugu muri rusange kizakomeza gukora ibishoboka byose mu bushobozi buhari, mu bikorwa bibyarira inyungu abenegihugu kandi n’abafatanyabikorwa nabo bakabyungukiramo bijyanye n’impamvu bagize uwo muhate mu gufatanya n’u Rwanda.

Kimironko Sports and Community Space igizwe n’ibibuga bitatu byo gukiniramo, ubwiherero, ubwogero n’ibindi. Yashyizwemo amatara ku buryo hazajya hakinirwa imikino ya Basketball mu masaha y’ijoro.

Ni kimwe mu bibuga bibiri byari biteganyijwe ko bizatahwa muri uyu mwaka wa 2023 kuko ikindi cyatashywe muri Gashyantare uyu mwaka cyiswe Lycée de Kigali Gymnasium cyubatswe ku bufatanye na NBA Africa.

AMAFOTO: SHEMA Innocent

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago