Iki kibuga giherereye ahazwi nko kwa “Mushimire”, gifite imyanya y’abantu 500. Cyubatswe ku bufatanye bwa Imbuto Foundation Federasiyo y’Umukino wa Basketball mu Rwanda hamwe n’Irushanwa rya Basketball muri Afurika, BAL, na Minisiteri ya Siporo.
Perezida Kagame yashimiye abafatanyabikorwa bagize uruhare mu kubaka iki kibuga barimo BAL na NBA n’abandi bakomeje kugira uruhare mu gutuma u Rwanda rubona ibikorwaremezo bifasha abakiri bato.
Umukuru w’Igihugu yasabye abakiri bato kubyaza umusaruro aya mahirwe bashyiriweho, ku buryo impano zabo zirushaho kugaragara.
Yavuze ko ibikorwaremezo nk’ibi bikwiriye kubungabungwa ku buryo akamaro kabyo gakomeza kwigaragaza.
Yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda n’igihugu muri rusange kizakomeza gukora ibishoboka byose mu bushobozi buhari, mu bikorwa bibyarira inyungu abenegihugu kandi n’abafatanyabikorwa nabo bakabyungukiramo bijyanye n’impamvu bagize uwo muhate mu gufatanya n’u Rwanda.
Kimironko Sports and Community Space igizwe n’ibibuga bitatu byo gukiniramo, ubwiherero, ubwogero n’ibindi. Yashyizwemo amatara ku buryo hazajya hakinirwa imikino ya Basketball mu masaha y’ijoro.
Ni kimwe mu bibuga bibiri byari biteganyijwe ko bizatahwa muri uyu mwaka wa 2023 kuko ikindi cyatashywe muri Gashyantare uyu mwaka cyiswe Lycée de Kigali Gymnasium cyubatswe ku bufatanye na NBA Africa.
AMAFOTO: SHEMA Innocent
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…