UBUZIMA

Yolo The Queen yapfushije Nyina

Umubyeyi wa Yolo The Queen umunyarwandakazi w’uburanga n’ikimero wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko instagram yitabye Imana azize uburwayi.

Amakuru avuga ko uyu mubyeyi w’imyaka 50 yitabye Imana ku munsi w’ejo tariki ya 26 Gicurasi 2023 azize uburwayi.

Kuri ubu uyu Yolo The Queen ntaragira icyo atangariza abamukurikira ku by’iyi nkuru n’akababaro yamubayeho.

Yolo The Queen yatangiye kuvugwa cyane muri 2020, ni nyuma y’uko yari amaze gushyira ku rukuta rwe rwa Instagram ifoto hejuru nta kintu yambaye uretse udupfukamunwa yari yapfukishije amabere.

Uyu mukobwa ufite imiterere itangarirwa na benshi bityo bikaba bikurura abagabo kugeza naho umuhanzi Drake wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yigeze kugaragaza amaragamutima kuri we, aho byagiye bigaragara ko hari ubutumwa yagiye yandikirana na Yolo.

Yolo ni umwe mu bakobwa bake b’abanyarwanda bigaragaje ku mbuga nkoranyambaga ko bakunzwe n’ibyamamare ku Isi, nyuma ya ShaddyBoo na Kate Bashabe, nkuko nabo byagiye bigaragara ko bakundwa n’ibyamamare byiganjemo n’abakinnyi bo mu makipe y’umupira w’amaguru akomeye ku Isi.

Mu minsi ishize yongeye kumvikana ashyirwa mu majwi ko ari mu rukundo n’umuhanzi ukomoka muri Tanzania Harmonize ndetse icyo gihe umubyeyi we yaravuzwe cyane Kandi ntakibazo yarafite.

Christian

Recent Posts

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

2 hours ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

3 hours ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 hours ago

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

1 day ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

1 day ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

2 days ago