POLITIKE

Erdogan yongeye gutorerwa kuyobora Turkiya

Ku cyumweru, tariki ya 28 Gicurasi, perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yongeye gutsinda amatora, yongera guhabwa amahirwe yo kuyobora ubutegetsi bwe muri manda y’imyaka itanu.

Advertisements

Perezida Erdogan yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora igihugu cya Turkiya nyamara mu gihugu havugwa ko n’imanuka ry’ifaranga rikabije ndetse n’umutingito uherutse kwibasira imijyi myinshi.

Ku cyumweru, Erdogan yatsindiye ku majwi arenga 52% mu matora yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu yabaye ku cyumweru, aho n’ubundi yari yaje ku myanya ya mbere mu byumweru bibiri bya mbere by’amatora. Abenshi mu batoye bo muri Turkiya mu cyiciro cya kabiri bamuhisemo kurenza uwo bahanganye Kemal Kilicdaroglu, bagaragaza ko bashyigikiye umugabo babona ko ari umuyobozi ukomeye kandi babona abikwiye.

Nyuma y’ibyatangajwe, Erdogan yashimiye abanyagihugu bamuhaye kuyobora indi myaka itanu iri mbere, agira ati “Turizera ko mwangiriye icyizere, nk’uko tumaze imyaka 21.”

Mu ijambo rye yumvikanye nkusa n’utebya uwo bari bahanganye yagize ati “Bye Bye Bye Kemal’, yongeraho ati: “Uwatsinze uyu munsi ni Turkiya.”

Nyuma y’ibavuye mu motora abenshi biraye mu mihanda abandi bari mu madoka yabo bishimira intsinzi, aho bumvikanaga bavuga ko ko ataribo bonyine batsinze gusa ahubwo ari igihugu muri rusange ati “Igihugu cyacu nicyo cyatsinze mu bintu byose, ni ukubera demokarasi yacu”.

Perezida Erdogan niwe wongeye gutorerwa kuyobora Turkiya

Benshi mu bakuru b’ibihugu barimo na Perezida Biden wa Amerika bishimiye intsinzi ya mugenzi wabo watowe kuyobora Turkiya Recep Tayyip Erdogan.

Ariko kandi abasesenguzi benshi bivugwa ko batunguwe no gutsinda kwa Erdogan; ngo yashoboye gutsinda amatora nubwo ifaranga ry’igihugu kuri ubu rigeze 50%. Aho igihugu cyahuye n’isanga ry’umutingito ukomeye muri Gashyantare wahitanye byibura abantu 50.000.

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko indi myaka itanu ya Erdogan izaba isobanura itegeko ryemeza kandi rigomba guhindura byinshi nk’umuyobozi. Erdogan ari ku butegetsi kuva mu 2003, aho yabanje kuba minisitiri w’intebe ndetse nyuma kuva mu 2014 yaje kuba perezida wa Turkiya.

Mu myaka amaze ku butegetsi, yashyize imbaraga ze binyuze mu guhindura itegeko nshinga, yangiza inzego za demokarasi mu gihugu, harimo ubucamanza n’itangazamakuru, kandi afunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi benshi. Yatsinze imyigaragambyo yo kwamagana guverinoma kandi yirinda gukorerwaho iperereza rya ruswa mu nzego z’imbere.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago