RWANDA

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yageze i Bujumbura mu nama idasanzwe y’Abakuru b’ibihugu bya EAC

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yageze i Bujumbura aho yitabiriye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Uburasizuba (EAC).

Advertisements

Dr Edouard Ngirente wagiye i Burundi yahagarariye Perezida Kagame muri iy’inama y’abakuru b’ibihugu yahageze aho ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura cyitiriwe Melchior Ndadaye nkuko bigaragara ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

Ni inama ya kabiri yo kwiga ku bibazo by’umutekano muke urangwa mu Burasirazuba bw’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye kuba nyuma y’iyayibanjirije tariki 5 Gicurasi 2023 n’ubundi yabereye i Bujumbura.

N’inama yabaye cyakora yabaye n’ubwo yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu gusa nta myanzuro mishya yagiye hanze yemejwe.

Inama yaherukaga yitabiriwe kandi n’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika nka Angola, Afurika y’Epfo, Mozambique, Malawi na Zambia ahigwaga uko yakurikizwa isinywa ry’amasezerano ryo guhagarika imitwe yitwaje intwaro muri DRC.

Ni inama kandi yanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu byo mu Karere barimo Perezida Felix Tshisekedi wa RDC, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni, Uwa Sudani y’Epfo ndetse n’uwaje ahagarariye igihugu cya Tanzania.

Mu byagiye bigarukwaho kenshi n’imitwe y’itwaje intwaro irangwa mu Burasizuba bwa Congo, aho hamaze koherezwa ingabo by’ibihugu binyamurango wa EAC bihagarariwe n’umunyaKenya Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu uretse izo mu Rwanda.

N’ingabo zitavuzwe rumwe n’igihugu cya Rapubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byagiye bivugwa inshuro nyinshi ko ahubwo ari izishyigikiye umutwe wa M23.

Perezida Tshisekedi yagiye yumvikana yijundika u Rwanda aho aherutse kuvuga ko uretse ingabo z’u Burundi ziri mu gihugu cye izindi zifite imikoranire n’umutwe wa M23.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yageze i Bujumbura

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago