INKURU ZIDASANZWE

Abantu 15 bapfuye bazize igikoma

Abantu Cumi na Batanu (15)  bo mu muryango umwe wo mu gace ka Kayova mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru ya Kavango, mu gihugu cya Namibia bishwe n’igikoma gihumanye banyoye.

Advertisements

AFP dukesha iyi nkuru yatangaje ko abantu benshi banyweye icyo gikoma barembeye mu bitaro bitandukanye byo muri aka gace ka Kavango aho bari kwitabwaho n’abaganga.

Amakuru avuga ko ifu yakozwemo iki gikoma yavuye mu bisigazwa by’ibinyampeke bikoreshwa mu kwenga inzoga zikorerwa mu nganda.

Minisitiri w’Ubuzima wa Namibia yavuze ko iyi nsanganya yabaye kuwa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2023, ibera mu gace ka Kayova.

Bivugwa ko abantu 18 bo mu muryango umwe banyoye kuri kiriya gikoma, umuto akaba ari uw’imyaka 2 umukuru afite imyaka 33, muri bo 15 bakaba bahasize ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi ya Namibia, Kauna Shikwambi yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko abantu 15 bishwe n’igikoma ari abo mu muryango umwe.

Umwe mu barokotse wo muri uyu muryango w’imyaka 21, yavuze ko igikoma cyateje iyi nsanganya bakinyoye ku wa Gatandatu nk’igunguro rya kumanywa, nibwo bahise batangira kumererwa nabi bahita bajyanwa mu bitaro.

Ubwo ibi byabaga, iperereza ryahise ritangira hakorwa isuzuma ku bahitanwe n’iki gikoma bivugwa ko cyarimo ibindi bintu bihumanye.

Minisitiri w’Ubuzima yakomeje avuga ko aba bantu 18 bo mu muryango umwe, bakigezwa mu bitaro bahise bagaragaza ibimenyetso by’uko bafashe amafunguro ahumanye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago