Indege bivugwa ko yariturutse mu gihugu cya Tchad igana muri DRC yakoze impanuka itarenze umutaru kandi yarigiye guhangana n’umutwe wa M23.
Ibi ngo byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 3 Kamena 2023, mu ishyamba rinini riherereye hafi y’ibirometero 375 uvuye i Bangui, aho indege ya Kajugujugu ya Mi-24 yagombaga gufasha ingabo za FARDC kujya kurasa M23 yakoze impanuka hafi y’umujyi wa Bozoum n’umujyi wa Ouham Pendé, gusa icyayiteye iyo mpanuka nticyamenyekanye.
Iyo ndege ngo yari imwe muri enye zari zatumijwe na guverinoma ya DR Congo kugira ngo izifashishwe kurwanya umutwe wa M23.
Ni mugihe izindi eshatu muri rusange zo zamaze gushika muri icyo gihugu zose zikaba ziteganywa kujyanwa mu Mujyi wa Goma.
Uyu mujyi kandi usanzwe urimo n’izindi ndege zirimo 2 za Sukhoi Su 25 ndetse na Mi-24 ebyiri.
Izi ndege zose biteganyijwe ko zizakora ahasanzwe hagenzurwa n’umutwe wa M23, kandi bakaba bateganya kuzikoresha muri uku kwezi turimo.
Perezida Tshisekedi yagiye ashyira mu majwi kenshi avuga ko M23 ishaka kwigarurira umujyi wa Goma, ibi rero bikaba ariyo ntandaro akomeje kwibikaho ibikoresho by’intambara bikomeye byo kwirinda umwanzi.
Uyu mukuru w’Igihugu cya DR Congo wabaye umuhuza w’ibibazo by’igihugu cya Tchad mu rwego rwa ECCAS, akaba ariyo mpamvu Tchad nayo yifuje gutangira gufasha Congo.
Abari batwaye iyi ndege ya gisirikare ngo bahise bajyanwa mu bitaro by’abarimu b’Abarusiya biherereye i Bangui, kandi batangaje ko bari kugenda boroherwa.
Kuri tweet ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Centrafrique, Sylvie Baïpo-Temon, yemeje ko iyo mpanuka yabaye, ariko avuga ko ntawe yahitanye.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…