MU MAHANGA

Zlatan Ibrahimovic yasezeye gukina Ruhago

Zlatan Ibrahimovic wanyuze mu makipe menshi yasezeye gukina ruhago nk’ababigize umwuga.

Uyu mukinnyi wabaye igikomerezwa mu mupira w’amaguru ku Isi yasezeye gukina umupira w’amaguru ku myaka 41 y’amavuko.

Zlatan Ibrahimovic wamaze umwaka wose azozwe n’imvune mu ikipe ya Ac Milan yabarizwagamo kuri ubu niwe watangaje ko asezeye gukina umupira w’amaguru.

Zlatan yamaze kwemeza ko yasezeye ruhago

Zlatan Ibrahimovic ukomoka muri Sweden yanyuze mu makipe menshi afite amazina akomeye ku Isi Aho twavugamo nka Manchester united, Paris Saint Germain, Inter de Milan, Ac Milan n’izindi.

Ibrahimovic yaherukaga kugaragara ku kibuga ubwo yaragiye kureba umukino wa nyuma wa Ac Milan tariki 4 Gicurasi wa Shampiyona yo mu Butaliyani Seria A ku kibuga cyayo i San Siro.

Uyu mugabo w’imyaka 41 y’amavuko amasezerano ye mu ikipe ya Ac Milan yagombaga kurangira muri uku kwezi kwa Kamena, aho yatangaje ko adateze kuyongera kubera imvune zamuzonze.

Zlatan Ibrahimovic asezeye kuri ruhago nyuma yo kuba ariwe watsindiye ibitego byinshi ikipe y’Igihugu Sweden, aho yatsinze ibitego 62 mu mikino 121.

Zlatan mu mwaka 2016 yasezeye gukinira ikipe y’Igihugu nyuma yuko itabashije gutwara irushanwa rya Euro ariko 2021 aza kugaruka mu gushakira ikipe ye y’Igihugu itike y’igikombe cy’Isi ntiyahirwa.

Yafashije kandi ikipe y’abana bato ba Sweden kwegukana igikombe cya Eredivisie i Amsterdam bwa mbere mu mateka ye mbere yuko ajya kumara imyaka ine muri Juventus. Nyuma yuko muri Juventus yajemo ikibazo cyo gushinjwa kugura imikino byatumye, uyu mukinnyi w’umunya-Sweden yerekeje muri Inter de Milan aho yatwaye ibikombe bine bya shampiyona Serie A.

Yamaze igihe gito kandi muri Barcelona nyuma aza gusubira mu Butaliyani atijwe muri Ac Milan.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago