POLITIKE

Abarenga 100 birukanywe mu gisirikare cy’u Rwanda na Perezida Kagame

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga za RDF rivuga ko aba basirikare bagera ku 116 batakiri mu nshingano mu gisirikare cy’u Rwanda.

Iri tangazo rivuga ko perezida wa repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF) yirukanye mu gisirikare abasirikare bakuru (officiers) bagera kuri 16 barimo Generale Major Aloys Muganga, ndetse Generale de Brigade Francis Mutiganda.

Maj Gen Aloys Muganga yigeze kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Uretse aba basirikare bakuru kandi hirukanywe nabandi basirikare 116 birukanywe mu gisirikare, ndetse abandi bagera ku 112 amasezerano yabo y’akazi muri RDF araseswa.

Brig Gen Mutiganda yahoze ari Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe iperereza ryo hanze ry’igihugu

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa RDF mu Rwanda Br. Gen Ronald Rwivanga yavuze ko abajenerali birukanywe burundu mu nshingano zabo ari ukubera imyitwarire mibi yabagaragayeho.

Uku kwirukanwa kw’aba basirikare harimo n’abafite amapeti yo hejuru, kuje nyuma y’impinduka zindi nyinshi perezida Kagame yari yakoze mu munsi umwe wabanje aho yahinduriye inshingano abayobozi bakuru b’ingabo ndetse n’ab’urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda.

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda,
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga,
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi,
Komiseri Mukuru wa RCS, Brig Gen Evariste Murenzi.

Ni mugihe kandi Perezida Kagame kurundi ruhande yazamuye mu ntera abapolisi basaga ibihumbi 4000, barimo abofisiye bakuru, abato ndetse n’abapolisi basanzwe. Aha harimo abapolisi babiri bahawe ipeti rya CP (commissioner of police) bavuye ku ipeti rya ACP (assistant commissioner of police), hari n’abandi barindwi bahawe ipeti rya ACP bavuye ku ipeti rya CSP.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago