Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga za RDF rivuga ko aba basirikare bagera ku 116 batakiri mu nshingano mu gisirikare cy’u Rwanda.
Iri tangazo rivuga ko perezida wa repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF) yirukanye mu gisirikare abasirikare bakuru (officiers) bagera kuri 16 barimo Generale Major Aloys Muganga, ndetse Generale de Brigade Francis Mutiganda.
Uretse aba basirikare bakuru kandi hirukanywe nabandi basirikare 116 birukanywe mu gisirikare, ndetse abandi bagera ku 112 amasezerano yabo y’akazi muri RDF araseswa.
Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa RDF mu Rwanda Br. Gen Ronald Rwivanga yavuze ko abajenerali birukanywe burundu mu nshingano zabo ari ukubera imyitwarire mibi yabagaragayeho.
Uku kwirukanwa kw’aba basirikare harimo n’abafite amapeti yo hejuru, kuje nyuma y’impinduka zindi nyinshi perezida Kagame yari yakoze mu munsi umwe wabanje aho yahinduriye inshingano abayobozi bakuru b’ingabo ndetse n’ab’urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda,
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga,
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi,
Komiseri Mukuru wa RCS, Brig Gen Evariste Murenzi.
Ni mugihe kandi Perezida Kagame kurundi ruhande yazamuye mu ntera abapolisi basaga ibihumbi 4000, barimo abofisiye bakuru, abato ndetse n’abapolisi basanzwe. Aha harimo abapolisi babiri bahawe ipeti rya CP (commissioner of police) bavuye ku ipeti rya ACP (assistant commissioner of police), hari n’abandi barindwi bahawe ipeti rya ACP bavuye ku ipeti rya CSP.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…