IMIDERI

Eric Omondi n’umukunzi we baritegura kwibaruka imfura

Umunyarwenya ukomeye mu Karere Eric Omondi ukomoka muri Kenya hamwe n’umukunzi we Lynne baritegura kwibaruka imfura yabo.

Aba bombi basangije amakuru babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo zigaragaza ko umugore w’uyu munyarwenya akuriwe.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Eric Omondi yavuze ko byamutwaye imyaka 41 yo gutegereza urubyaro kuri ubu akaba yiteguye gutangira urugendo rwa kibyeyi.

Ati: “Byantwaye imyaka 41 ariko amaherezo Imana impaye umugisha wanjye. Imbuto zo mu rukenyerero nirwanjye. Ndiyumva nka Sara wa Aburahamu wo muri Bibiliya, yategereje ubuzima bwe bwose ku mwana we. Urakoze, mwana wanjye kungira Papa arenzaho emoji z’umutima, Kandi ku Mana ndagushimira ko wadusubije umwana ”.

Lynne nawe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko yishimiye ubutumwa bwinshi yohererejwe kuri telefone n’abantu bakimenya ko yatwise n’ubwo yari yaragerageje kubihisha.

Yanditse agira ati “Telefone yanjye iraturika kubera ubutumwa bugufi nyuma yo gutangaza ko ntwite n’ubwo nari narabishe.”

Bimwe mu byamamare, abahanzi n’abafite aho bahuriye n’imyidagaduro bakurikiranira hafi ibi byamamare byagiye bitanga ibitekerezo byo kwishimira uyu muryango witegura kwibaruka.

Eric Omondi aritegura kwibaruka imfura n’umukunzi we

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

30 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

52 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago