IMIDERI

Eric Omondi n’umukunzi we baritegura kwibaruka imfura

Umunyarwenya ukomeye mu Karere Eric Omondi ukomoka muri Kenya hamwe n’umukunzi we Lynne baritegura kwibaruka imfura yabo.

Advertisements

Aba bombi basangije amakuru babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo zigaragaza ko umugore w’uyu munyarwenya akuriwe.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Eric Omondi yavuze ko byamutwaye imyaka 41 yo gutegereza urubyaro kuri ubu akaba yiteguye gutangira urugendo rwa kibyeyi.

Ati: “Byantwaye imyaka 41 ariko amaherezo Imana impaye umugisha wanjye. Imbuto zo mu rukenyerero nirwanjye. Ndiyumva nka Sara wa Aburahamu wo muri Bibiliya, yategereje ubuzima bwe bwose ku mwana we. Urakoze, mwana wanjye kungira Papa arenzaho emoji z’umutima, Kandi ku Mana ndagushimira ko wadusubije umwana ”.

Lynne nawe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko yishimiye ubutumwa bwinshi yohererejwe kuri telefone n’abantu bakimenya ko yatwise n’ubwo yari yaragerageje kubihisha.

Yanditse agira ati “Telefone yanjye iraturika kubera ubutumwa bugufi nyuma yo gutangaza ko ntwite n’ubwo nari narabishe.”

Bimwe mu byamamare, abahanzi n’abafite aho bahuriye n’imyidagaduro bakurikiranira hafi ibi byamamare byagiye bitanga ibitekerezo byo kwishimira uyu muryango witegura kwibaruka.

Eric Omondi aritegura kwibaruka imfura n’umukunzi we

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago