RWANDA

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye abayobozi ba Volkswagen

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye itsinda ry’abayobozi ba Volkswagen kuri iki gicamunsi.

Nk’uko babitangaje babinyujije ku rukuta Twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, bavuze ko Perezida Kagame yakiriye abo bayobozi ba Volkswagen bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.

Uruganda rwa Volkswagen rusanzwe rukora imodoka zitandukanye, icyicaro gikuru cy’urwo ruganda rukaba ruherereye mu gihugu cy’Ubudage i Wolfsburg Basse-Saxe.

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakorera Uruganda rwa Volkswagen mu byo baganiriye harimo n’umushinga wo gukora imashini zihinga zikoresha amashanyarazi zigenewe abahinzi.

Ni umushinga witezwe gukorerwa mu Karere ka Bugesera.

Byitezwe ko uwo mushinga uzatanga umusaruro ku buhinzi busanzwe bukorwa n’abahinzi bakoresha imashini z’amashanyarazi zakozwe n’uru ruganda mu buryo bwo gukora impinduka mu buhinzi hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Uruganda rwa Volkswagen rwafunguye ishami ryayo mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena mu mwaka 2018, rukaba rukorera mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye abayobozi ba Volkswagen

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago