Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye itsinda ry’abayobozi ba Volkswagen kuri iki gicamunsi.
Nk’uko babitangaje babinyujije ku rukuta Twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, bavuze ko Perezida Kagame yakiriye abo bayobozi ba Volkswagen bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Uruganda rwa Volkswagen rusanzwe rukora imodoka zitandukanye, icyicaro gikuru cy’urwo ruganda rukaba ruherereye mu gihugu cy’Ubudage i Wolfsburg Basse-Saxe.
Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakorera Uruganda rwa Volkswagen mu byo baganiriye harimo n’umushinga wo gukora imashini zihinga zikoresha amashanyarazi zigenewe abahinzi.
Ni umushinga witezwe gukorerwa mu Karere ka Bugesera.
Byitezwe ko uwo mushinga uzatanga umusaruro ku buhinzi busanzwe bukorwa n’abahinzi bakoresha imashini z’amashanyarazi zakozwe n’uru ruganda mu buryo bwo gukora impinduka mu buhinzi hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Uruganda rwa Volkswagen rwafunguye ishami ryayo mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena mu mwaka 2018, rukaba rukorera mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…