Umuhanzi Okkama uri mu bagezweho mu muziki Nyarwanda yibarutse umwana w’imfura w’umuhungu.
Uyu muhanzi wigaruriye imitima ya benshi kubera imiririmbire ye yanyuze abatari bake ari mu byishimo byo kwitwa umubyeyi.
Osama Massoud Khaled wahisemo gukoresha izina rya Okkama mu buhanzi bwe yatangarije ibi byishimo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze afashe agatoki ku mwana.
Yarengejeho amagambo ati “Ni umugisha kuri njye.”
Uyu musore yibarutse imfura ku myaka 22 y’amavuko akaba avukira mu Karere ka Rubavu.
Benshi mubo bakora barimo n’inshuti bagiye bamwifuriza ibyiza ku ntambwe yateye.
Ubwe amakuru yatanze avuga ko umwana w’umuhungu yamwibarutse tariki 9 Kamena 2023, ibindi byerekeye na Nyina w’umwana yirinda kubivugaho.
Uyu muhanzi amaze imyaka ibiri mu muziki, akunzwe mu ndirimbo nka Puculi, Iyallah, No, Tsaper n’izindi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…