Umutaliyani Silvio Berlusconi wigeze kuba na Minisitiri w’Intebe yitabye Imana ku myaka 86 y’amavuko nk’uko byatangajwe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2023.
Berlusconi warusanzwe ari umunyapolitiki akaba n’umunyemari aho yari yarashoye mu itangazamakuru no mu mikino kuko yigeze kuba na nyir’ikipe ya AC Milan hagati ya 1986 na 2017.
Yanashinze televiziyo ikomeye yitwa Mediaset.
Yapfuye aguye mu bitaro bya San Raffaelle biherereye i Milan aho yaramaze hafi amezi atandatu arwariye, Muri Mata yajyanywe mu bitaro asanganwa uburwayi bw’ibihaha, byaje bisanga ubundi burwayi yigeze kugira bwa cancer yo mu maraso.
Uyu mugabo wari umuherwe, yayoboye u Butaliyani mu 1994 kugeza mu 2011.
Yari asigaye ayobora ishyaka rya Forza Italia ryihuje n’irya Minisitiri w’Intebe uriho ubu Giorgia Meloni nyuma y’amatora yabaye muri Nzeri, yasize Berlusconi yinjiye mu Nteko nk’Umusenateri.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…