IMIKINO

Lionel Messi yahagarikiwe ku mupaka w’Ubushinwa ahamara amasaha abiri azira gukoresha pasiporo itemewe

Lionel Messi yahagarikiwe ku mupaka w’Ubushinwa muri wikendi ishize nyuma yo kunyura muri icyo gihugu afite icyangombwa cya pasiporo itariyo.

Uyu mukinnyi w’icyamamare ukomoka muri Argentine yagiye mu gihugu cy’Ubushinwa arikumwe n’umurinzi we hamwe n’inshuti nke barimo na mugenzi bakinana mu ikipe y’Igihugu Angel Di Maria, ku mukino wa gicuti bafite na Australia kuwa Kane.

Icyakora akigera mu murwa mukuru w’Ubushinwa yakiriwe n’abayobozi bashinzwe kugenzura imipaka ntibishimira ibyangombwa yagenderagaho.

Nk’uko ibitangazamakuru byo mu Bushinwa b’ibitangaza ngo iki kibazo cyaje kuvuka kubera ko Messi yagendanaga na pasiporo ye ya Espagne aho kuba iya Argentine.

Bivugwa ko uyu mugabo w’imyaka 35 yakoresheje pasiporo ye yo muri Espanye kubera gutekereza ko Tayiwani iri kugice cy’Ubushinwa, kandi bivugwa ko yumvikanye abaza abashinzwe imipaka ati “Tayiwani si Ubushinwa?”

Amaze kumenyesha abashinzwe imipaka ko adafite pasiporo ye yo muri Argentine, nyuma bivugwa ko byatwaye amasaha abiri kugira ngo uwatsinze Ballon d’Or inshuro zirindwi ahabwe Visa kugira ngo akemure icyo kibazo cye maze ava ku kibuga cy’indege.

Bivugwa ko ibyo bitagarukiye aho, kuko Messi hamwe na bagenzi be barikumwe muri Hotel bakomeje gusanganirwa n’abafana benshi bari bahateraniye.

Abafana ibihumbi byateraniye hafi aho byose byifuzaga guhura n’iki cyamamare mu cyumba cya hotel yararimo ndetse umwe ngo yemeye gutanga arenga ibihumbi 10 byama Yuan (1120 by’amapound) kugira ngo agere kuri uyu mukinnyi.

Imvururu zatumye imyitozo y’abakinnyi ba Argentine ku cyumweru itinda kubera impamvu z’umutekano kuko bitashobokaga ko abakinnyi bava muri hoteri, ariko bashoboye kwitoza nyuma yaho bitinze.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

8 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago