MU MAHANGA

Umukinnyi wa filime Treat Williams yapfuye azize impanuka

Umukinnyi w’umunyamerika wakunzwe muri filime ya Hair and Prince of the City ndetse n’ikiganiro cyo kuri television kirimo Blue Bloods and Chicago fire yapfuye azize impanuka ya moto i Vermont ku myaka 71 y’amavuko.

Advertisements

Nk’uko byatangajwe na polisi y’igihugu mu gace ka Vermont, ngo mbere gato ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba, imodoka yo mu bwoko bwa Honda SUV ubwo yahindukiraga ibumoso iva muri parikingi nibwo yagonganaga na moto ya Williams mu mujyi wa Dorset.

Iri tangazo rigira riti: “Williams ntiyashoboye kwirinda impanuka maze agongerwa kuri moto ye. Yakomeretse bikabije maze ajyanwa mu kigo nderabuzima cya Albany giherereye i Albany, muri New York, ari naho yaje gutangarizwa ko yapfiriye”.

Polisi ivuga ko Williams yari yambaye ingofero (casques) yabugenewe ku batwazi ba moto.

Umushoferi wa SUV yakomeretse byoroheje kandi ntabwo yajyanywe mu bitaro. Polisi yavuze ko yari yarerekanye ko atigeze ahita atabwa muri yombi nubwo iperereza ry’impanuka rikomeje.

Polisi yavuze ko Williams, amazina ye yose yari Richard Treat Williams, yabaga mu kigo cya Manchester giherereye mu majyepfo ya Vermont.

Uwarushinjwe kureberera inyungu ibikorwa bye Barry McPherson nawe yemeje iby’urupfu rw’uyu mukinnyi wa filime.

McPherson yatangarije ikinyamakuru People ati “Njye byandenze, yari umusore mwiza, yari umuhanga cyane.”

McPherson ati “Yari umukinnyi mu bakinnyi; abakinnyi ba filime baramukundaga. Yabaye umutima wa Hollywood kuva mu mpera z’imyaka ya za 70.”

Treat Williams yapfuye yari mu bakinnyi ba filime bamamaye kuva kera

Williams wavukiye i Connecticut yerekanwe bwa mbere muri filime mu 1975 ubwo yakinaga ari umupolisi muri filime yitwa Deadly Hero kandi yakomeje kugaragara mu mashusho arenga 120 ya televiziyo na firime, harimo na filime The Eagle, Prince of the city na Once Upon a Time in America zakunzwe cyane.

Yatangiye gushyizwe ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya Golden Globe Award mu 1979.

Yitabye Imana asize umugore we Pam Van Sant n’abana be babiri.

Treat Williams arikumwe n’abana be babiri

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago