MU MAHANGA

Umukinnyi wa filime Treat Williams yapfuye azize impanuka

Umukinnyi w’umunyamerika wakunzwe muri filime ya Hair and Prince of the City ndetse n’ikiganiro cyo kuri television kirimo Blue Bloods and Chicago fire yapfuye azize impanuka ya moto i Vermont ku myaka 71 y’amavuko.

Nk’uko byatangajwe na polisi y’igihugu mu gace ka Vermont, ngo mbere gato ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba, imodoka yo mu bwoko bwa Honda SUV ubwo yahindukiraga ibumoso iva muri parikingi nibwo yagonganaga na moto ya Williams mu mujyi wa Dorset.

Iri tangazo rigira riti: “Williams ntiyashoboye kwirinda impanuka maze agongerwa kuri moto ye. Yakomeretse bikabije maze ajyanwa mu kigo nderabuzima cya Albany giherereye i Albany, muri New York, ari naho yaje gutangarizwa ko yapfiriye”.

Polisi ivuga ko Williams yari yambaye ingofero (casques) yabugenewe ku batwazi ba moto.

Umushoferi wa SUV yakomeretse byoroheje kandi ntabwo yajyanywe mu bitaro. Polisi yavuze ko yari yarerekanye ko atigeze ahita atabwa muri yombi nubwo iperereza ry’impanuka rikomeje.

Polisi yavuze ko Williams, amazina ye yose yari Richard Treat Williams, yabaga mu kigo cya Manchester giherereye mu majyepfo ya Vermont.

Uwarushinjwe kureberera inyungu ibikorwa bye Barry McPherson nawe yemeje iby’urupfu rw’uyu mukinnyi wa filime.

McPherson yatangarije ikinyamakuru People ati “Njye byandenze, yari umusore mwiza, yari umuhanga cyane.”

McPherson ati “Yari umukinnyi mu bakinnyi; abakinnyi ba filime baramukundaga. Yabaye umutima wa Hollywood kuva mu mpera z’imyaka ya za 70.”

Treat Williams yapfuye yari mu bakinnyi ba filime bamamaye kuva kera

Williams wavukiye i Connecticut yerekanwe bwa mbere muri filime mu 1975 ubwo yakinaga ari umupolisi muri filime yitwa Deadly Hero kandi yakomeje kugaragara mu mashusho arenga 120 ya televiziyo na firime, harimo na filime The Eagle, Prince of the city na Once Upon a Time in America zakunzwe cyane.

Yatangiye gushyizwe ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya Golden Globe Award mu 1979.

Yitabye Imana asize umugore we Pam Van Sant n’abana be babiri.

Treat Williams arikumwe n’abana be babiri

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago