RWANDA

Amakuru mashya ku bajenerali 2 baherutse kwirukanwa mu gisirikare cya RDF

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 14 Kamena, cyagarutse ku basirikare baherutse kwirukanwa mu gisirikare cy’u Rwanda harimo n’abajenerali babiri barimo umwe wirukanwe azize ubusinzi.

Advertisements

Kuri uyu wa gatatu ku cyicaro gikuru cya RDF giherereye ku Kimihurura habereye ikiganiro n’abanyamakuru cyagarutse ku basirikare baherutse kwirukana bo ku rwego rw’aba ofisiye 116 ndetse abandi 112 amasezerano yabo y’akazi yaseshwe.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig. Gen. Ronald Rwivanga ubwo yari mu kiganiro n’itangamakuru

Umwihariko wo kwirukanwa kwaba Jenerali babiri, umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig. Gen. Ronald Rwivanga yavuze ko Maj General Aloys Muganga we yirukanwe burundu azize ubusinzi.

Maj General Aloys Muganga yirukanwe azize ubusinzi

Ni mugihe mugenzi we Br. Gen Francis Mutiganda yirukanwe burundu mu ngabo z’u Rwanda azize gusuzugura inzego za gisirikare.

Br. Gen Francis Mutiganda yirukanye mu gisirikare cy’u Rwanda azize gusuzugura

Mu itangazo ryasohowe, tariki 7 Kamena 2023, ku rubuga rw’Ingabo z’u Rwanda rwagaragaje ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF) yirukanye mu gisirikare abasirikare bakuru (officiers) bagera kuri 16 barimo Gen Major Aloys Muganga, ndetse Br. Gen Francis Mutiganda.

Uretse aba basirikare bakuru kandi hirukanywe nabandi basirikare 116 birukanywe mu gisirikare, ndetse abandi bagera ku 112 amasezerano yabo y’akazi muri RDF araseswa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago