Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yamaze kwibikaho umukinnyi Jude Bellingham ku masezerano y’imyaka itandatu ayikinira.
Bellingham warusanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya Borussia Dortmund yerekeje muri Real Madrid aguzwe akayabo ka miliyoni 113 z’amapound.
Ikipe ya Los Blancos (Real Madrid) ubusanzwe mbere y’iminsi 10 ishize yari yashatse uyu mukinnyi w’umwongereza yamushyiriyeho miliyoni 88.5 z’amapound kugira ngo imukure muri Borussia Dortmund yo mu Budage.
Ariko bivugwa ko hari amafaranga yumvikanyweho yagiye yiyongera bitewe n’amasezerano ava kuri 88.5 z’amapound zirazamuka zigera kuri 113.5 z’amapound, kuko hari miliyoni 25 z’amapound z’inyongera zigomba guhabwa ikipe ya Dortmund bitewe n’imikorere y’amasezerano bizeraga ko azakorwa.
Bellingham wemeye gushyira umukono w’amasezerano y’imyaka itandatu muri iy’ikipe azerekanwa mu birori biteganyijwe ku munsi w’ejo kuri Stade Bernabeu mbere yuko yererekwa imbere y’itangazamakuru.
Uyu musore w’imyaka 19 ufatwa nk’umukinnyi wo hagati ukomeye, yagiye muri Borussia Dortmund avuye i Birmingham muri 2020 afite imyaka 16.
Mu myaka itatau abarizwa muri iyi kipe, yakinnye imikino 132, atsinda ibitego 24, kandi yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho bari bagize ikipe ya Edin Terzic muri shampiyona y’umwaka 2023, mbere yuko batakaza igikombe cya mbere cya Bundesliga mu myaka 11 ku munsi wa nyuma.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…