IMIKINO

Real Madrid yemeje ko yamaze gusinyisha Bellingham w’imyaka 19

Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yamaze kwibikaho umukinnyi Jude Bellingham ku masezerano y’imyaka itandatu ayikinira.

Bellingham warusanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya Borussia Dortmund yerekeje muri Real Madrid aguzwe akayabo ka miliyoni 113 z’amapound.

Ikipe ya Los Blancos (Real Madrid) ubusanzwe mbere y’iminsi 10 ishize yari yashatse uyu mukinnyi w’umwongereza yamushyiriyeho miliyoni 88.5 z’amapound kugira ngo imukure muri Borussia Dortmund yo mu Budage.

Ariko bivugwa ko hari amafaranga yumvikanyweho yagiye yiyongera bitewe n’amasezerano ava kuri 88.5 z’amapound zirazamuka zigera kuri 113.5 z’amapound, kuko hari miliyoni 25 z’amapound z’inyongera zigomba guhabwa ikipe ya Dortmund bitewe n’imikorere y’amasezerano bizeraga ko azakorwa.

Jude Belligham yemejwe nk’umukinnyi wa Real Madrid

Bellingham wemeye gushyira umukono w’amasezerano y’imyaka itandatu muri iy’ikipe azerekanwa mu birori biteganyijwe ku munsi w’ejo kuri Stade Bernabeu mbere yuko yererekwa imbere y’itangazamakuru.

Uyu musore w’imyaka 19 ufatwa nk’umukinnyi wo hagati ukomeye, yagiye muri Borussia Dortmund avuye i Birmingham muri 2020 afite imyaka 16.

Mu myaka itatau abarizwa muri iyi kipe, yakinnye imikino 132, atsinda ibitego 24, kandi yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho bari bagize ikipe ya Edin Terzic muri shampiyona y’umwaka 2023, mbere yuko batakaza igikombe cya mbere cya Bundesliga mu myaka 11 ku munsi wa nyuma.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago