Mu gihugu cya Tanzania havugwa umugore uri mu kigero cy’imyaka 55-60 wari wakatiwe imyaka 29 azira gusambanya umwana.
Ibi byabaye mu Cyumweru gishize, ubwo umugore witwa Desderia Mbwelwa, ufite imyaka 57, urukiko rwamukatiye gufungwa imyaka 29, ariko amakuru arambuye ku cyemezo cy’urukiko ntabwo cyari cyakamenyekana.
Ni urubanza rwagaragayemo abatangabuhamya batanu, barimo na muganga wasuzumye uwo mwana akemeza ko yari afite ibikomere kandi ko yanduye indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Uwo mugore yireguye avuga ko ari umuntu ukuze ufite abana n’abuzukuru atunze ndetse ko atakora ayo mahano.
Avuga ku cyemezo cyafatiwe uwo mugore ,Umwunganizi we mu mategeko, witwa Me Frank Mwela, yavuze ko ateganya kujuririra icyemezo cy’urukiko kuko umukiriya we atasuzumwe kugira ngo byemezwe ko koko arwaye indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bavuga ko yateye uwo mwana.
Yagize ati “Umukiriya wanjye ntibamupimye ngo bamusangemo izo ndwara, kandi umukiriya wanjye n’umutangabuhamya we bemeje ko batazirwaye kuko umwe mu batangabuhamya be ari umugabo we”.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…