Kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kamena 2023, mu Karere ka Muhanga, ahasanzwe hari icyicaro cya Diyosezi ya Kabgayi niho habereye umuhango wo kwimika Umwepiskopi mushya Balthazar Ntivuguruzwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, niwe wari umushyitsi mukuru muri icyo gikorwa cyanitabiriwe n’abandi bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, barimo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi.
Dr Edouard Ngirente ubwo yageraga ahabereye uyu muhango, yakiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ahita anaramutsa Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali.
Balthazar Ntivuguruzwa yagizwe Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi, n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, tariki 02.
Asimbuye Musenyeri Smaragde Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma yo kuzuza imyaka 75 isanzwe iteganywa mu mategeko ya Kiliziya Gatulika.
Smaragde Mbonyintege wanasobanuye ivanjiri mu gitambo cy’Ukarisitiya cyabanjirije uyu muhango nyirizina, yashimiwe na Papa Francis, mu ibaruwa yasomwe n’Umuhagarariye mu Rwanda.
Muri iyi baruwa, Papa Francis yashimiye Smaragde ku bwo kuragira intama z’abakristu Gatulika ba Diyoseze ya Kabgayi, mu myaka 17 amaze ari umushumba wayo.
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, kandi yanashimiye Musenyeri mushya Balthazar Ntivuguruzwa wemeye izi nshingano, ndetse anatangaza ko ibiro bya Papa byamusengeye mbere yo kumutoranya.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…