INKURU ZIDASANZWE

Burundi: Umupolisi yarashe bagenzi be babiri mu buryo bw’amayobera bahita bapfa

Mu gihugu cy’u Burundi mu ntara ya Makamba mu gace ka Nyanza-Lac haravugwa umupolisi wishe bagenzi be babiri abarashe bahita bapfa.

Advertisements

Iyi inkuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Kamena, ubwo hatangazwaga ko umupolisi ukorera kuri Stasiyo ya Nyanza-lac yarashe mugenzi we wari wicaye imbere y’umwe mu miryango y’ibiro, hanyuma uwari mu nzu yasoka aje kureba ibibaye nawe agahita araswa.

Uyu mu Polisi wabanje kuraswa yahise ahasiga ubuzima ni mugihe mugenzi we wari umaze kuraswa mu gatuza amasasu arenze rimwe we yajyanywe kwa muganga ariko apfa bataragerayo.

Nyuma y’iki gikorwa cy’ubunyamaswa uyu mu Polisi yahise atoroka ariko aza gufatwa arafungwa.

Kugeza ubu icyamuteye kwica bagenzi be ntikiramenyekana cyakora iperereza ngo rirakomeje.

Komiseri w’intara ya Makamba yasabye imiryango yabuze abayo kwihanganba kandi ko bazaba ba hafi ariko anabamenyesha ko bari gukora ibishoboka byose ngo bamenye impamvu yateye uwo mupolisi kwica bagenzi be kandi ko akwiriye kubiryozwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago