Umukinnyi ukinira ikipe ya Manchester United, Marcus Rashford yiteguye kuba umukinnyi winjiza amafaranga menshi muri iyi kipe nyuma yo guhabwa amasezerano mashya azajya amuha ibihumbi 375.000 by’amapound buri cyumweru.
Biteganijwe ko Rashford ategerejwe kumvikana ku masezerano muri iy’ikipe y’amashitani atukura kandi agashyira umukono kuri yandi masezerano ateganyijwe y’uburyo bw’igihe kirekire, umutoza Erik Ten Hag yizeye ko uyu mukinnyi nawe yifuza kuguma muri iy’ikipe.
Gusa n’ubwo bimeze bityo ku ruhande rwa Rashford, siko bimeze ku munyezamu ufatwa nka nimero ya mbere muri iy’ikipe David DeGea aho ngo ashobora gusinya andi masezerano mashya n’ubwo ayo yarasanzwe afite agomba kurangirana n’uku kwezi kwa Kamena.
Nk’uko ikinyamakuru Mail Sport cy’ibitangaza ngo Ten Hag yanze gukomezanya n’umunyezamu DeGea nk’umwanzuro we yatanze kandi akaba yifuza undi munyezamu wamusimbura.
Ibi bije nyuma yaho muri raporo y’abakinnyi bagomba kugaragara mu ikipe ya Manchester united bazakina umwaka w’imikino 2023-2024, DeGea atagaragayeho. Ndetse amasezerano ye akaba ari hafi kurangira muri uku kwezi, kandi n’ubwo yahaguma ngo amahirwe menshi yo gukomeza gukoreshwa yaba ari make cyane.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…