IMIKINO

Rashford ayoboye abakinnyi ba Manchester united bahembwa agatubutse

Umukinnyi ukinira ikipe ya Manchester United, Marcus Rashford yiteguye kuba umukinnyi winjiza amafaranga menshi muri iyi kipe nyuma yo guhabwa amasezerano mashya azajya amuha ibihumbi 375.000 by’amapound buri cyumweru.

Advertisements

Biteganijwe ko Rashford ategerejwe kumvikana ku masezerano muri iy’ikipe y’amashitani atukura kandi agashyira umukono kuri yandi masezerano ateganyijwe y’uburyo bw’igihe kirekire, umutoza Erik Ten Hag yizeye ko uyu mukinnyi nawe yifuza kuguma muri iy’ikipe.

Gusa n’ubwo bimeze bityo ku ruhande rwa Rashford, siko bimeze ku munyezamu ufatwa nka nimero ya mbere muri iy’ikipe David DeGea aho ngo ashobora gusinya andi masezerano mashya n’ubwo ayo yarasanzwe afite agomba kurangirana n’uku kwezi kwa Kamena.

David De Gea ntari ku rutonde rw’abakinnyi bazakina muri Manchester united uyu mwaka

Nk’uko ikinyamakuru Mail Sport cy’ibitangaza ngo Ten Hag yanze gukomezanya n’umunyezamu DeGea nk’umwanzuro we yatanze kandi akaba yifuza undi munyezamu wamusimbura.

Ibi bije nyuma yaho muri raporo y’abakinnyi bagomba kugaragara mu ikipe ya Manchester united bazakina umwaka w’imikino 2023-2024, DeGea atagaragayeho. Ndetse amasezerano ye akaba ari hafi kurangira muri uku kwezi, kandi n’ubwo yahaguma ngo amahirwe menshi yo gukomeza gukoreshwa yaba ari make cyane.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago