IMIKINO

Rashford ayoboye abakinnyi ba Manchester united bahembwa agatubutse

Umukinnyi ukinira ikipe ya Manchester United, Marcus Rashford yiteguye kuba umukinnyi winjiza amafaranga menshi muri iyi kipe nyuma yo guhabwa amasezerano mashya azajya amuha ibihumbi 375.000 by’amapound buri cyumweru.

Biteganijwe ko Rashford ategerejwe kumvikana ku masezerano muri iy’ikipe y’amashitani atukura kandi agashyira umukono kuri yandi masezerano ateganyijwe y’uburyo bw’igihe kirekire, umutoza Erik Ten Hag yizeye ko uyu mukinnyi nawe yifuza kuguma muri iy’ikipe.

Gusa n’ubwo bimeze bityo ku ruhande rwa Rashford, siko bimeze ku munyezamu ufatwa nka nimero ya mbere muri iy’ikipe David DeGea aho ngo ashobora gusinya andi masezerano mashya n’ubwo ayo yarasanzwe afite agomba kurangirana n’uku kwezi kwa Kamena.

David De Gea ntari ku rutonde rw’abakinnyi bazakina muri Manchester united uyu mwaka

Nk’uko ikinyamakuru Mail Sport cy’ibitangaza ngo Ten Hag yanze gukomezanya n’umunyezamu DeGea nk’umwanzuro we yatanze kandi akaba yifuza undi munyezamu wamusimbura.

Ibi bije nyuma yaho muri raporo y’abakinnyi bagomba kugaragara mu ikipe ya Manchester united bazakina umwaka w’imikino 2023-2024, DeGea atagaragayeho. Ndetse amasezerano ye akaba ari hafi kurangira muri uku kwezi, kandi n’ubwo yahaguma ngo amahirwe menshi yo gukomeza gukoreshwa yaba ari make cyane.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago