RWANDA

Basketball: U Rwanda rwatsinze u Burundi rukatisha itike ya AfroCan2023-Amafoto

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball yatsinze iy’u Burundi yegukana igikombe ibasha no gukatisha itike y’imikino ku rwego rw’Afurika, “FIBA AfroCan 2023”.

Advertisements

Ni irushanwa riteganyijwe kubera mu gihugu cya Angola, aho u Rwanda rwakatishije itike rutsinze amanota 70 kuri 48.

Agace ka mbere karanzwe no kubona ko u Rwanda rwatanze kwinjira mu mukino ikipe y’Igihugu y’u Burundi ubwo karangiye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda iyoboye n’amanota 27-11.

Agace ka kabiri, u Rwanda rwatsinzemo amanota 16, byatumye rurangiza rufite amanota 48 kuri 27 bajya kuruhuka ruyoboye.

Ni uduce tubiri twakinnyemo, kapiteni w’ikipe y’Igihugu Kenny Hubert Gasana, ariko wagaragara ko atameze neza kuko nyuma y’utwo duce atongeye gukina utwakurikiyeho.

Agace ka gatatu u Rwanda rwaje n’ubundi ubona ko rufite intego yo gutsinda dore ko byarangiye ruyoboye ku ikipe y’Igihugu y’u Burundi butsinzwe amanota 55 kuri 39.

Agace ka Kane ari nako ka nyuma kahesheje intsinzi karangiye u Rwanda rutsinze u Burundi amanota 70 kuri 48.

Umukinnyi watsinze amanota menshi muri uyu mukino ni Williams Robeyns watsinze amanota 19 atanga imipira 3 akuramo imipira 5.

Umutoza Dr Cheick Sarr ukomoka mu gihugu cya Senegal n’abahungu be begukanye intsinzi nyuma yo gutungurwa ku mukino wari wabanje guhuza aya makipe yombi aho Burundi rwatsinze u Rwanda amanota 53-52.

Uyu mukino waberaga mu gihugu cya Tanzania kuri Stade Benjamin Mkapa watangiye ahagana Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’i Kigali dore ko witabiriwe n’abafana bikomeye.

Nyuma yuko u Rwanda rutsinze u Burundi ruhise rubona itike guhagararira Akarere ka 5 mu mikino ya nyuma ya “FIBA AfroCan 2023”, izabera muri Angola kuva ku tariki 8-16 Kanama 2023.

Ikaba ari ubwa mbere u Rwanda rubonye itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika n’abakina imbere ku mugabane w’Afrika,

Umukino w’umwanya wa gatatu wari wabanje mbere y’umukino wo gushaka itike ya ‘FIBA AfroCan 2023’ warangiye Sudan y’Epfo itsinze Tanzania amanota 75-51.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago