Itorero rya ADEPR ryihanganishije umuryango wa Pasiteri Theogene witabye Imana azize impanuka
Babinyujije ku rukuta rwabo rwa Twitter bagize bagize bati “Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwihanganishije umuryango wa Pastor Theogene Niyonshuti, Abanyetorero ADEPR bose, inshuti n’abavandimwe be ku bw’urupfu rwa Pastor Theogene rwabaye mu ijoro ryo ku wa 22/06/2023 azize impanuka yabereye mu gihugu cya Uganda nkuko umuryango we ubitangaza”.
Ni ubutumwa itorero rya ADEPR mu Rwanda bwatangaje bwihanganishije umuryango n’inshuti za Pastor Théogène witabye Imana mu rucyerera rwo kuri uyu 23 Kamena 2023 azize impanuka.
Nyakwigendera yari umwe mu babarizwaga muri iri torero rya ADEPR.
Amakuru y’urupfu rwa Pasiteri Théogène yahamijwe na murumuna we witwa Uwarugira Emmanuel wavuze ko yitabye Imana ubwo yavaga muri Uganda mu murimo w’Imana.
Impanuka yabaye ari kumwe n’abandi bantu babiri, umwe nawe akaba yahise yitaba Imana mu gihe undi bari bataramenya amakuru nyayo.
Ati “Nibyo yitabye Imana, ndi kwerekezayo ngo menye ibyo ari byo. Yakoze impanuka ari kumwe n’abandi bantu babiri, umwe nawe ahita yitaba Imana mu gihe undi we yahise ajya muri koma gusa nawe biri kuvugwa ko yitabye Imana.”
Pastor Theogene Niyonshuti wari umupasiteri muri ADEPR Paruwase ya Kimisagara, yamenyekanye mu buhamya bwe bw’ubuzima bubi yanyuzemo mu bwana bwe aho yari yarabaye imbata y’ibiyobyabwenge ariko Imana iza kumuhindurira amateka abivamo ndetse imuha agakiza.
Ubuhamya bwe bwakunzwe na benshi by’umwihariko urubyiruko kubera uburyo yabuvugagamo akoresheje amagambo agezweho mu rubyiruko ndetse n’imvugo ikoreshwa cyane n’abana bo ku muhanda.
Twihaganishije umuryango we ndetse n’abakristo muri rusange kuko uwavugako Gospel nyarwanda ibuze intwari ntiyaba abeshye kuko uyu mugabo yafashije cyane imitima y’abantu benshi binyuze mu buhamya n’ijambo ry’Imana byamurangaga.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…