RWANDA

Serumogo Ally watewe umugongo na Kiyovu Sc, Rayon Sports yamusamiye hejuru

Serumogo Ally wari Kapiteni wa Kiyovu Sports nyuma yo gutereranwa n’ikipe igatangaza ko imusezereye, haravugwa amakuru y’uko yerekeje muri Rayon Sports.

Advertisements

Uyu mukinnyi wari umwe mu bagenderwaho muri Kiyovu Sports n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yeretswe umuryango usohoka muri iy’ikipe yaramazemo imyaka itanu ayikinira.

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya Kiyovu Sports yasezeye uyu myugariro w’iburyo iranamushimira aho yagize ati “KIYOVU SPORTS CLUB yamaze gutandukana n’umukinnyi SERUMUGO ALLY , tumwifurije amahirwe masa aho azakomereza imirimo.”

Amakuru agera kuri DomaNews avuga nyuma yo kwirukanwa Serumogo Ally warusanzwe ari myugariro wa Kiyovu Sports Club uca ku ruhande rw’iburyo yahise asamirwa hejuru n’ikipe ya Rayon Sports akaba yamaze kumvikana nayo ku masezerano y’imyaka ibiri.

Ibyerekeye ibindi kuri ayo masezerano ntirabasha kumenyekana, gusa mu gihe cya vuba uyu mukinnyi ngo arerekwa ku mugaragaro.

Ikipe ya Kiyovu Sports Club yarangije shampiyona y’umwaka ushize iri ku mwanya wa kabiri irekuye igikombe yarifite mu biganza ku munsi ubanziriza uwa nyuma, ikomeje gutandukana n’abakinnyi bayo benshi barimo n’uyu warusanzwe ari kapiteni wayo Serumogo Ally.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago