INKURU ZIDASANZWE

Kigali: Moto nshya yahiye irakongoka

Kuri uyu wa Gatandatu, Mujyi wa Kigali, Moto nshya yahiriye imbere y’isoko rya Kimironko irakongoka.

Ababonye iyo mpanuka bavuze, ko batasobanukiwe icyayiteye kuko babonye moto ishya uwari uyitwaye ayivaho yiruka, ayijugunya mu muhanda rwagati.

Umwe yagize ati “Twagiye kubona tubona moto yagendaga mu muhanda itangiye gushya ihereye hamwe umuntu akandagira atwaye, uwari utwaye ahita ayivaho ayisunikira mu muhanda irashya irakongoka.”

Imodoka izimya inkongi y’umuriro ya Polisi izwi nka “kizimyamwoto” yahageze isanga iyo Moto yahiye byarangiye.

Nyiri iyi moto yirinze kugira icyo abwira abanyamakuru, gusa agaragaza ko moto ye yari ikiri nshya ngo “Ibyamubayeho nawe ntarasobanukirwa ibyo ari byo.”

Hari umumotari wavuze ko kuba iyi moto yashya byaba byatewe na “Circuit” cyangwa bikaba byatewe n’abazimu.

Undi wabonye impanuka iba, yakomeje avuga ko mu gihe bageragezaga gutabara ngo barebe ko iyi moto yazima itarakongoka, ngo bahindukiye ngo barebe nyirayo babona ahagaze asa nk’aho ntacyo bimubwiye.

Imodoka izimya inkongi z’imiriro ya Polisi izwi nka “kizimyamwoto” yatabaye gusa isanga iyo moto yamaze gushya yakongotse.

Polisi y’Igihugu ishinzwe umutekano wo mu muhanda, ihora igira inama abatwara ibinyabiziga guhora babigenzura mbere yo kubishyira mu muhanda.

Ibyo bituma hirindwa impanuka nk’izo za hato na hato zitungurana zikaba zanahitana ubuzima bw’abantu.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago