IMIKINO

Cedric Roussell wigeze gukinira ikipe y’Igihugu y’Ububiligi yapfuye

Cedric Roussell wanyuze no muri shampiyona y’Ubwongereza yitabye Imana ku myaka 45 azize indwara y’umutima.

Advertisements

Uyu mubiligi wanyuze mu makipe arimo Coventry City na Wolves mu myaka 20 yose, ngo kuwa gatandatu tariki 24 Kamena yafashwe n’indwara y’umutima ahita apfa.

Ikipe ye yahereyemo ubwo yakinaga mu Bwongereza yanditse ku rubuga rwa twitter ati: “Coventry city ibabajwe cyane no kumenya urupfu rw’uwahoze ari rutahizamu wayo Cedric Roussel, wapfuye afite imyaka 45 gusa.

Bakomeza bagira bati “Cedric yakinnye imikino 43 muri Sky Blues (Coventry city) kuva 1999-2001, atsinda ibitego 11. Twihanganishije umuryango we n’inshuti muri iki gihe kibabaje cyane.”

Roussel wahamagawe inshuro eshatu mu ikipe y’Ububiligi, yamaze igihe muri Coventry City na Wolves. Ahanini yamenyekanye cyane mugihe yakinaga mu ikipe ibarizwa mu gihugu cye ya Mons yakiniye imyaka ibiri.

Yatangiye bwa mbere mu 2003 mbere yuko asubira muri iyi kipe nyuma y’imyaka ine yasinyiye burundu, amasezerano yagombaga kugeza mu 2010. Mu gihe cye cya mbere agikina, Roussel yatsinze ibitego 22 kandi ni we watsinze ibitego byinshi mu Bubiligi.

Yakomeje guhatana n’uwo bari bahanganye bikomeye n’umukinnyi witwaga Robbie Keane muri shampiyona, yatumye arangiza shampiyona atsinze ibitego bitandatu muri Premier League. Ariko akomeza kurwanira ishyaka kwe byatumye mu mwaka we wa kabiri agurishwa na Wolves kuri miliyoni 2 z’amapound mu mpeshyi ya 2001.

Cedrick Roussel yapfuye azize indwara y’umutima

Roussel kongera kubona ibitego byatangiye kugorana kuva aho agereye muri Molineux, yisanga mu myaka ibiri gusa akinnye imikino 25. Yahise agaruka mu gihugu cye cy’Ububiligi, aho mu nshuro eshatu yakiniye ikipe y’Igihugu, yakomeje gushimangira no kwishimirwa byatumye abengukwa mu makipe arimo ayo mu Burusiya, Ubutaliyani, na Cyprus yakiniye mbere y’uko amanika inkweto.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago