IMIKINO

Cedric Roussell wigeze gukinira ikipe y’Igihugu y’Ububiligi yapfuye

Cedric Roussell wanyuze no muri shampiyona y’Ubwongereza yitabye Imana ku myaka 45 azize indwara y’umutima.

Uyu mubiligi wanyuze mu makipe arimo Coventry City na Wolves mu myaka 20 yose, ngo kuwa gatandatu tariki 24 Kamena yafashwe n’indwara y’umutima ahita apfa.

Ikipe ye yahereyemo ubwo yakinaga mu Bwongereza yanditse ku rubuga rwa twitter ati: “Coventry city ibabajwe cyane no kumenya urupfu rw’uwahoze ari rutahizamu wayo Cedric Roussel, wapfuye afite imyaka 45 gusa.

Bakomeza bagira bati “Cedric yakinnye imikino 43 muri Sky Blues (Coventry city) kuva 1999-2001, atsinda ibitego 11. Twihanganishije umuryango we n’inshuti muri iki gihe kibabaje cyane.”

Roussel wahamagawe inshuro eshatu mu ikipe y’Ububiligi, yamaze igihe muri Coventry City na Wolves. Ahanini yamenyekanye cyane mugihe yakinaga mu ikipe ibarizwa mu gihugu cye ya Mons yakiniye imyaka ibiri.

Yatangiye bwa mbere mu 2003 mbere yuko asubira muri iyi kipe nyuma y’imyaka ine yasinyiye burundu, amasezerano yagombaga kugeza mu 2010. Mu gihe cye cya mbere agikina, Roussel yatsinze ibitego 22 kandi ni we watsinze ibitego byinshi mu Bubiligi.

Yakomeje guhatana n’uwo bari bahanganye bikomeye n’umukinnyi witwaga Robbie Keane muri shampiyona, yatumye arangiza shampiyona atsinze ibitego bitandatu muri Premier League. Ariko akomeza kurwanira ishyaka kwe byatumye mu mwaka we wa kabiri agurishwa na Wolves kuri miliyoni 2 z’amapound mu mpeshyi ya 2001.

Cedrick Roussel yapfuye azize indwara y’umutima

Roussel kongera kubona ibitego byatangiye kugorana kuva aho agereye muri Molineux, yisanga mu myaka ibiri gusa akinnye imikino 25. Yahise agaruka mu gihugu cye cy’Ububiligi, aho mu nshuro eshatu yakiniye ikipe y’Igihugu, yakomeje gushimangira no kwishimirwa byatumye abengukwa mu makipe arimo ayo mu Burusiya, Ubutaliyani, na Cyprus yakiniye mbere y’uko amanika inkweto.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago