Pete Davidson yajyanwe mu kigo cyita ku buzima bwo mu mutwe
Umunyarwenya w’umunyamerika Pete Davidson bivugwa ko yajyanwe mu kigo cyita ku bibazo byo mu mutwe nyuma yo kugaragaza ibimenyetso.
Amakuru yatangajwe na TMZ avuga ko Davidson amaze igihe yarabaswe n’ibibazo by’ubuzima agenda agaragaza kudatuza muri we ndetse n’indwara yo kugira ihungabana rishobora kuba ryaratewe n’ibintu cyangwa abantu yagiye ahura nabo. Kuri ubu akaba yajyanwe muri icyo kigo cyita kuri izo ndwara kugira ngo yitabweho nyuma yo kugira ibyo bibazo byo mu mutwe.
Umukunzi we Chase Sui Wonders hamwe n’inshuti ze nizo zikomeje kumuba inyuma mu buryo bwo ku muba hafi.
Hari amakuru avuga ko Pete yagiye akenshi yisuzumisha icyo kibazo kugira ngo akunde abone ubuzima bugenda neza.
Uyu munyarwenya ukomeye ukomoka muri Amerika wanakundanye by’igihe gito n’umunyamideri Kim Kardashian yeruye ku kahise, uburyo yarwanye n’ubuzima bw’ibibazo byo mu mutwe, aho abyegeka mu gice cy’urwenya y’uruhererekane yakinagamo cya ‘Weekend Update’ yakoze igihe kinini.
N’ibintu yaraherutse no gutangaza mu kiganiro yagiranye na Glenn Close mu mwaka 2021, ubwo yamutangarizaga ko Isi ikomeje kumuremerera nyuma y’igihe bamusanzemo indwara y’ihungabana.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…