AMATEKA

Philippe wahoze mu ngabo zikomeye za Habyarimana yakatiwe burundu n’Urukiko rw’Ubufaransa

Umucamanza yahamije Philippe Hategekimana kugira uruhare rusesuye muri jenoside yakorewe Abatutsi, akongeraho no gushishikariza interahamwe kwica abahigwaga icyo gihe.

Advertisements

Usibye gutsemba Abatutsi muri Jenoside yabakorewe mu 1994, uyu yahamwe n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu yakoze ari mu Rwanda.

Urukiko rw’Ubufaransa rwakatiye burundu Hategekimana Philippe wakoze Jenoside

Urukiko kandi rwahamije Hategekimana uruhare ku ishyirwaho rya bariyeri mu bice bitandukanye bya Nyanza.

Hategekimana wakatiwe burundu yari Umujandarume mukuru i Nyanza mu majyepfo y’Igihugu, nyuma yo Gukora Jenoside yahise ahungira mu Bufaransa.

Mu gusobanura impamvu z’iki gihano kandi urukiko rwavuze ko Hategekimana atigeze agaragaza na gato ko yababajwe na jenoside yakorewe abatutsi aho yageraga aho ahubwo akibasira abatangabuhamya.

Mu kwihisha, Philippe yari afite indanga mpunzi n’ubwenegihugu bw’Ubufaransa mu izina rya Philippe Manier.

Yakoraga muri Kaminuza yo mu Bufaransa nk’umurinzi wayo, aza kwerekeza muri Cameroon 2017 aho yaje kwirukanwa nyuma yo kumva ibyo akurikiranyweho.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP byatangaje ko uyu yafatiwe mu mujyi wa Yaoundé muri Cameroon yohererezwa inkiko zo mu Bufaransa ngo zimukurikirane.

Gufungwa burundu ni cyo gihano gisumba ibindi gishobora gutangwa n’inkiko zo mu Bufaransa. Philippe Hategekimana abaye Umunyarwanda wa gatandatu ukatiwe n’urukiko rwa rubanda mu Bufaransa kubera uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Bamwe mu baturage barimo na Perezida wa Ibuka bavuga ko bishimiye ubutabera bwatanze kuri Hategekimana watangije Jenoside ku musozi wa Nyamure, bishimiye icyemezo cy’Urukiko rwafashe rukamukatira burundu.

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza, Ndagijimana Athanase avuga ko banyuzwe no kuba Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma yatakatiwe gufungwa burundu. Avuga ko ari we watangije jenoside yakorewe Abatutsi ahitwa i Nyamure.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago